Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2025 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
u Rwanda rurashaka kwizigamira zahabu(Ifoto@Mining.com.au)
SHARE

Soraya Hakuziyaremye uyobora Banki nkuru y’u Rwanda avuga ko iki kigo kigiye gutangira kugura zahabu ikabikwa nk’ubwizigame nk’uko andi madovize abikwa.

Amadovize akomeye kurusha ayandi ku isi ni amadolari ya Amerika($), Guverineri Soraya Hakuziyaremye akavuga ko kubika zahabu bizunganira ayo madovize kandi bigatuma  ubukungu bw’u Rwanda butajegera.

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda asanga ibiri gukorwa muri iki gihe mu rwego rw’imari bizatuma  ubukungu bw’u Rwanda, cyane cyane ubushingiye ku budahangarwa bw’ifaranga ryarwo, buzakomera mu gihe kirambye.

Ntiharamenyekana ingano n’agaciro k’ishoramari rizashyirwa mu mushinga wo kugura zahabu zizifashishwa nk’ubwizigame bw’igihugu.

Banki nkuru za henshi ku isi cyane cyane izo mu bihugu byateye imbere zikunze kugura no kubika zahabu, ikabikwa nk’amadovize kugira ngo igihe idolari rizaba ryazamutse cyane bitazagira ingaruka ku ifaranga ry’igihugu kuko rihita ryunganirwa na zahabu igihugu kibitse.

Soraya Hakuziyaremye uyobora Banki nkuru y’u Rwanda.

Banki nkuru y’u Rwanda yemeza ko  ifite ubwizigame bw’amadovize (Amadorali y’Amerika) yafasha igihugu kugura ibyo cyifuza byose mu gihe cy’amezi 4,7.

Ubu buryo bwo gukora ubwizigame muri zahabu buzaza bwunganira ubwari busanzwe bwo kwizigama mu madorali y’Amerika($).

Taarifa Rwanda ifite amakuru ko iyi gahunda ya BNR izatangira mu mwaka w’ingengo y’imari utaha.

Zahabu yahoze ari ifaranga rikomeye

Mu mwaka wa 550  Mbere ya Yezu Kristu mu gihugu cyahoze kitwa Lydia hari umwami witwa Croesus wari ufite ubukungu bushingiye ku bucuruzi bwifashisha zahabu.

Aho ubwami bwe bwahoze ubu ni muri Turikiya.

Si ho gusa zahabu yakoreshwaga nk’ifaranga kuko hari henshi ibintu by’agaciro byaguranwaga zahabu, mbere y’uko amafaranga y’urupapuro tubona muri iki gihe atangira gukoreshwa.

Icyakora abahanga mu mateka bavuga ko amafaranga tubona muri iki gihe ari ku mpapuro burya ari ya kera cyane kuko iby’uko impapuro zigira ako gaciro byatangiriye muri Mesopotamia ubwo yategekwaga n’umwami witwa Hammurabi.

Icyo gihe hari ho inyandiko umuntu wagujije yahabwaga n’uwamugurije yerekana ingano y’ibyo azamwishyura byanditse ku rupapuro.

Gusa ubwami bwa Carthage ( ni muri Tunisia y’ubu) niho batangiye gukoresha inoti zikozwe mu mpu, zanditseho agaciro k’ikintu runaka, icyo gihe hari mu mwaka wa 146 Mbere ya Yezu Kristu.

Mu Bushinwa naho baje gukoresha impu muri urwo rwego, hari mu mwaka wa 118 Mbere ya Yezu Kristu;  birakomeza bigeza mu bwami bwa Roma naho barabikoresha mu mwaka wa 57 Nyuma ya Yezu Kristu kuzageza ubwo bwageze mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi.

Nubwo muri iki gihe hari inoti, zahabu yakomeje kugira agaciro kayo gatambutse andi mabuye y’agaciro ushyizemo na diyama.

TAGGED:DiyamafeaturedGuverineriHakuziyaremyeSorayaUbucuruziUbukunguUbwizigameZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 
Next Article BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?