Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Banki Y’Isi Yasuzumye Uko U Rwanda Rukoresha Inguzanyo Iruha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Banki Y’Isi Yasuzumye Uko U Rwanda Rukoresha Inguzanyo Iruha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2022 7:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yaraye yakiriye intumwa za Banki y’Isi zaje kureba uko u Rwanda rukoresha inkunga n’inguzanyo iruha.

Yazakiriye bagirana ibiganiro birambuye byagarutse cyane ku mikoreshereze y’inkunga n’inguzanyo iriya Banki iha u Rwanda ngo rushyire mu bikorwa gahunda zarwo mu by’ubukungu.

Banki y’Isi itera u Rwanda inkunga mu nzego zirimo ubuhinzi, iby’ingufu n’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu.

Muri iki giheu Rwanda, n’amahanga muri rusange, ruri kwivana buhoro buhoro mu ngaruka za COVID-19, Banki y’Isi iri kurufasha muri uw murongo.

Mu ntangiriro za Gashyantare, 2022, hari raporo iyi Banki yasohoye yitwa Rwanda Economic Update(REU18) yerekana ko umusaruro mbumbe warwo wazamutse ugera kuri 11.1%  urebye uko byagenze mu mezi icyenda ya mbere y’umwaka wa 2021.

Kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Intebe @EdNgirente yakiriye itsinda ry’abayobozi bakuru bo muri Banki y’Isi bari mu Rwanda, ibiganiro byabo bikaba byibanze ku kurebera hamwe uko u Rwanda rukoresha inkunga n’inguzanyo ruhabwa n'iyi Banki. #RBAAmakuru pic.twitter.com/e6p54u9PiZ

— RADIO RWANDA (@Radiorwanda_RBA) March 18, 2022

Ni intera ndende rwazamutseho ugereranyije n’uko byari biri muri ariya mezi mu mwaka wa 2020 ubwo COVID-19 yacaga ibintu.

Ikindi ni uko urwego rw’inganda narwo rwazamutseho 16.5% mu gihe ubuhinzi bwazamutseho 6.8%.

Ibihingwa ngengabukungu u Rwanda rugurisha mu mahanga ni ukuvuga ikawa, icyayi, ndetse n’amabuye y’agaciro nka wolfram na gasegereti nabyo umusaruro wazamutse ku kigero cya 35% mu mezi icyanda y’umwaka wa 2021.

Inyandiko iri ku rubuga rwa Banki y’isi, ishami ry’u Rwanda, ivuga ko n’ubwo ibintu bimeze gutyo hakiri ikibazo cy’ubushomeri mu baturage kandi ngo COVID-19 yatumye hari abantu baba abashomeri kubera gutakaza akazi.

Banki y’isi ivuga ko n’ubwo umusaruro mbumbe w’abaturage wazamutse ariko haracyari ikibazo cy’ubushomeri kubera ko bugera cyangwa bukarengaho gato ijanisha rya 13%.

Abenshi mu batagira akazi mu Rwanda ni ab’igitsina gore.

Rolande Pryce uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda ati: “Mu gihe ubukungu bw’u Rwanda bugaragaza ko igihugu kiri kwivana neza mu ngaruka za COVID-19, Guverinoma icyeneye gukomeza kuzamura uburyo bwo guhanga akazi kandi abaturage babayeho nabi kurusha abandi bakaba ari bi bahamwa umwanya wa mbere mu gushyirirwaho gahunda zo kubazamura. Abo biganjemo abagore…”

Ya raporo twavuze haruguru, ivuga ko urwego rw’ubucuruzi bugomba guhabwa imbaraga kugira ngo intego u Rwanda rwihaye zirimo n’iyo kuzamura abafite imibereho mibi zizagerweho mu mwaka wa 2035.

Umwe mu bahanga w’iyi Banki witwa Calvin Djiofack avuga ko u Rwanda rugomba kongera kwagura ubucuruzi rufitanye n’amahanga cyane cyane abaturanyi kugira ngo uru rwego rutere imbere kandi bizamure n’imyubakire y’ibikorwa remezo rukoresha muri ubwo buhahirane.

Raporo  REU18 ivuga ko ikindi kibazo u Rwanda rufite ari uko hari igihe rwamaze rwarafunze imipaka yarwo na bimwe mu bihugu bituranye bituma hari igice runaka cy’ubukungu bwarwo kidindira.

 

TAGGED:BankiCOVID-19featuredInguzanyoIsiMinisitiriNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Facial Recognition’: Ikoranabuhanga Rishinjwa Kwinjira Mu Buzima Bw’Abandi
Next Article U Bwongereza Bwemeye Ko Busingye Ahagararira u Rwanda Muri Kiriya Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?