Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bararegwa Iyicarubozo Bakoreye Muri Gereza Ya Rubavu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bararegwa Iyicarubozo Bakoreye Muri Gereza Ya Rubavu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2023 1:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’ibanze rwa Rubavu kuri uyu wa Kane taliki 07, Nzeri, 2023 rwaburanishije abantu icyenda barimo batatu bahoze bayobora Gereza ya Rubavu baregwa ibyaha birimo iyicarubozo ryakorewe bamwe mu bari bayifungiwemo.

Ryari iburanisha ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo.

Abo batatu b’umwihariko bahoze bayobora Gereza ya Nyakiriba hagati y’umwaka wa 2019 n’umwaka wa 2022.

Ni Kayumba Innocent, Gahungu Ephrem na Augustin Uwayezu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubushinjacyaha bubarega kuba ibyitso mu cyaha cyo gukubita no gukomeretsa bikaviramo bamwe urupfu.

Ikindi baregwa ni ukutamenyekanisha icyaha cy’ubugome, kutita ku muntu ushinzwe gucungira ubuzima ndetse n’iyicarubozo.

Abaregwa bose bahakana ibivugwa n’ubushinjacyaha.

Intandaro yo gufatwa kw’aba bantu yabaye amashusho ya Ndagijimana Emmanuel, uzwi nka Peter, yagaragaye  ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ibisebe biri ku mubiri we.

Yavugaga ko byakomotse ku nkoni yakubitiwe muri gereza ya Nyakiriba (Rubavu).

- Advertisement -

Nyuma y’ayo mashusho, urwego rushinzwe igorora rwahise rutangira iperereza ku bari abayobozi b’iyi gereza mu bihe bitandukanye batangira gufatwa barafungwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo iriya gereza yayoborwaga na Gahungu Ephrem;  hapfuye abantu batanu, abandi bagakubitwa mu bihe bitandukanye akabihishira.

Bwemeza ko abapfuye bose bazize inkoni bakubiswe n’abacungaga gereza cyangwa abandi bafungwa babaga batumwe n’abacungaga iyo gereza.

Innocent Kayumba, we ubushinjacyaha bumushinja umuntu umwe witwa Nizeyimana Jean Marie Vianney.

Bwabwiye urukiko ko n’ubwo inyandiko z’abaganga zigaragaza ko abapfuye bose bazize impfu zisanzwe, hari izindi nyandiko zishingiye ku iperereza zigaragaza ko imfungwa zagezwaga kwa muganga zabaga zabaye intere nyuma yo gukubitwa abandi bakahagera bamaze gupfa.

Mu kwisobanura, Gahungu Ephrem  yabwiye urukiko ko ibyinshi mu bikorwa by’urugomo byabereye muri gereza igihe yari umuyobozi wayo ‘byabaga adahari.’

Avuga ko abapfuye bashyinguwe n’imiryango yabo mu cyubahiro batabanje kumenya icyabishe.

Abiregura bose bakemanga ibyavuzwe n’abatangabuhamya kuko ari imfungwa muri gereza ya Rubavu aba bigeze kuyobora.

Uwa gatatu Augustin Uwayezu we ashinjwa gukorera iyicarubozo Ndagijimana Emmanuel, ubushinjacyaha bukemeza ko byamuviriyemo ubumuga buri ku kigero cya 80%.

Uyu yisobanuye avuga ko Ndagijimana yageze muri Gereza ya Rubavu yarabanje gukubitirwa ahandi harimo aho yafungiwe mbere muri sitasisyo za Polisi.

Ndagijimana yakubitiwe muri gereza ya Rubavu akekwaho gushaka gutoroka gereza nk’uko ubushinjacyaha bwabibwiye urukiko.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kuba rufunze by’agateganyo abakekwa bose uko ari icyenda mu gihe ipererza rikomeje.

Abashinjwa bo basaba kuburana badafunzwe kuko ari abere kandi bakaba bamaze igihe mu buyobozi bw’amagereza atandukanye ari ba ntamakenwa.

Kayumba Innocent, wayoboye gereza zitandukanye mu Rwanda ari kuburana ibi birego mu gihe ari kurangiza ikindi gihano cy’igifungo cy’imyaka itanu yakatiwe n’urukiko nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwiba amafaranga umuntu wari ufungiwe muri gereza ya Nyarugenge (Mageragere) yari abereye umuyobozi.

Kayumba amaze muri gereza imyaka ibiri n’igice.

Aba bari abayobozi ba gereza baramutse bahamwe n’icyaha cyo gukora iyicarubozo bahanishwa igihano kiruta ibindi mu Rwanda cyo gufungwa burundu nk’uko bigaragara mu ngingo ya 113 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ingingo ya 113 igira iti : “ Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora icyaha cy’iyicarubozo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25). Iyo iyicarubozo riteye urikorewe indwara idakira, ubumuga buhoraho butuma atagira icyo yikorera, kubuza burundu umwanya w’umubiri gukora, gutakaza igice cy’umubiri gikomeye, urupfu cyangwa rikozwe n’umuntu ukora umurimo wa Leta mu mirimo ashinzwe, igihano kiba igifungo cya burundu.”

TAGGED:featuredGerezaIgororeroIyicarubozoRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibya Kazungu W’I Busanza Birimo Amayobera
Next Article RBA Yahembye Umukozi Wayibye Imashini 3
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?