Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barashaka Gukomanyiriza ‘Amabuye Y’Agaciro’ Ava Mu Rwanda No Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Barashaka Gukomanyiriza ‘Amabuye Y’Agaciro’ Ava Mu Rwanda No Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2022 3:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intambara iri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ifite ingaruka nyinshi harimo no kuba hari ibihano by’ubukungu biri kwigwa uko byafatirwa u Rwanda na DRC cyane cyane ku byerekeye amabuye y’agaciro abiturakamo harimo na coltan.

Ikigo kitwa Responsible Minerals Initiative (RMI) gishinzwe kureba niba amabuye y’agaciro agera ku isoko mpuzamahanga aba aturutse mu biganza byiza kivuga ko kitakizera amabuye ya coltan aturuka mu gace u Rwanda na DRC biherereyemo.

Ubusanzwe amabuye ava mu Karere ibi bihugu byombi biherereyemo asuzumwa n’ikigo kitwa International Tin Supply Chain Initiative (ITSCI).

Ubuyobozi bwa RMI buvuga ko butakizera ibitangazwa na International Tin Supply Chain Initiative (ITSCI).

Ikigo  RMI gishinzwe gusuzuma niba amabuye y’agaciro ava mu bigo 400 hirya no hino ku isi aba ataraciye mu maboko afite ibiganza birimo amaraso.

Ibi bigo ngo birindwa cyane cyane kugura amabuye y’agaciro yiganjemo aturuka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Mu rwego rwo kwanga ko hari amabuye yagera ku isoko mpuzamahanga avuye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo kandi atujuje ibisabwa, abo mu kigo Responsible Minerals Initiative bakuye ikigo ITSCI ku rutonde rw’ibigo biboherereza amabuye y’agaciro.

Bavuga ko badashobora gushira amakenga kiriya kigo.

Abahanga bavuga ko muri iki gihe bigoye kwizera ko ibyo kiriya kigo kigeza ku isoko mpuzamahanga byaba byaturutse ahantu ho kwizerwa.

Kimwe mu bigo bikomeye bikemanga iki kigo ni ikizwiho kurwanya ruswa ku rwego mpuzamahanga kitwa Global Witness.

Iki kigo cyo mu Bwongereza kivuga ko ikigo icyo ari cyo cyose gishaka kwemerwa ko kigeza ku isoko mpuzamahanga amabuye y’agaciro adakemangwa kigomba gusuzuma neza aho ariya mabuye ava kandi nticyemere buhumyi ibitangazwa na International Tin Supply Chain Initiative (ITSCI).

Ikigo The Responsible Minerals Initiative (RMI) kivuga ko cyahaye abayobozi b’ibigo bisuzuma ubuziranenge n’aho amabuye yaturutse igihe kitarengeje Nyakanga, 2023 bakaba bakemuye ibibazo bituma amabuye yabo akemangwa.

Ku byerekeye u Rwanda, mu mwaka wa 2014, rwabaye urwa mbere mu kwohereza hanze amabuye ya tantalum ari nayo yamamaye nka coltan.

Icyo gihe ikigo Global Witness cyatangaje ko amabuye y’u Rwanda nayo atari ayo kwiringirwa.

Ngo amabuye arimo tin, tantalum na tungsten, u Rwanda ruvuga ko rucukura kandi rukayagurisha, si ayarwo!

Icyakora mu mwaka wa 2015, Perezida Kagame yavuze ko abavuga ko u Rwanda nta coltan rugira baba bibeshya.

Yavuze ko uretse no kuba ruyifite nyinshi, ahubwo rufite na nziza cyane.

Yagize ati: ” U Rwanda ntirufite coltan gusa ahubwo rufite na colttan nziza cyane. Ibi ni ibintu bimaze igihe kinini bizwi.”

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rufite coltan kandi nyinshi

Kugeza ubu mu Rwanda hari ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro 815, muri byo ibigera kuri 442 bicukurwa mu buryo buhoraho mu gihe DRC ifite ibirombe 365.

TAGGED:ColtanCongofeaturedKagameRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CP Kabera Yabwiye Abanyonzi Akamaro Ko Kugenda Neza Mu Muhanda
Next Article Umuyobozi Mu Mujyi Wa Kigali Yabwiye Abakora Uburaya Ko Babishatse Babureka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?