Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barohamye Mu Kiyaga Cya Ruhondo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Barohamye Mu Kiyaga Cya Ruhondo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 August 2023 9:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo bane bagiye kuroba mu kiyaga cya Ruhondo ku ruhande rw’Akarere ka Burera bararohama umwe arapfa. Ni ikiyaga gituranye n’icya Ruhondo, bikaba ibiyaga bibiri bita ‘impanga’ kubera ko bituranye kandi byakomotse hamwe.

Abo bagabo ni abo mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Kilibata, Umurenge wa Rugengabali mu Karere ka Burera.

Uwapfuye yitwa Elisa Niyibizi wari ufite imyaka 25 y’amavuko.

Akomoka mu Mudugudu wa Kamonyi, mu Kagari ka Mucaca mu Murenge wa Rugengabali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru avuga ko mu bo bari bari kumwe harimo umwana w’imyaka 16 y’amavuko n’undi w’imyaka 19 ndetse n’umugabo w’imyaka 32 y’amavuko.

Abo uko ari batatu barokotse kuko bazi koga.

Impamvu yatumye barohama ivugwa ni uko ubwato bari barimo bwatobotse bukajyamo amazi.

Abandi bashoboye koga bavamo keretse utari ubizi ari nawe wahasize ubuzima.

Bamaze kubona ko arohamye, babiri bajya kubibwira Polisi abandi basigara ku murambo ngo utagira ikindi uba.

- Advertisement -

Umurambo wajyanywe ku bitaro bya Butaro gusuzimwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage witwa Théophile Mwanangu yabwiye Taarifa ko kiriya kiyaga gikungahaye ku mafi, iyo ikaba ari yo mpamvu ituma abantu bakigabiza bakajya kuroba bitemewe n’amategeko.

Avuga ko bajyayo bashaka amafi yo kugurisha kuko abenshi batayarya.

Mwanangu asaba abaturage kumenya ko uburobyi butemewe n’amategeko buhanwa kandi bushobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga nk’uko byagenze kuri Niyibizi.

TAGGED:BureraIkiyagaUmugaboUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Coup D’Etat Muri Gabon, Bongo Yakuweho
Next Article Ecobank Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya W’Inama Y’Ubutegetsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?