Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bashimuse Impinja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bashimuse Impinja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2022 7:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagizi ba nabi binjiye mu bitaro byitwa Stanley Hospital mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria bashimuta abana batanu b’impinja. Guverinoma ya Nigeria ivuga ko ihangayikishijwe n’ubu bushimusi budasanzwe.

Ni ubushimusi bwibasira abanyantege nke, ibyo  mu Cyongereza bita ‘soft targets.’

Muri Nigeria, muri iki gihe haravugwa abantu bashaka ko igice batuyemo cy’Amajyepfo ashyira Uburengerazuba kigenga.

Ubu bushimusi budasanzwe bwabaye ku wa Kane Taliki 08, Ukuboza, 2022, bubera mu gice kitwa Anambra, ahitwa Nkpologwu muri Biafra.

Perezida wa Nigeria witwa Muhamud Buhari yavuze ko ubuyobozi bwose bw’igihugu cye bugomba guhaguruka bukarwanya ubu bushimusi budasanzwe.

Perezida Buhari asaba ko hafatwa ingamba zo gukumira ko biriya byazongera

Hagati  aho kandi yasabye ko hatangira kwigwa uburyo buboneye bwakoreshwa kugira ngo bariya bana basubizwe ababyeyi babo hakiri kare kandi bagihumeka.

Abaganga bavuga ko  impamvu zikomeye zihitana impinja( infants) ari ubukonje bukabije kuko imitima yazo iba itarakomera ndetse n’amaraso akaba ataragira ubuhangange bwo kwihanganira ubukonje cyangwa ubushyuhe bukomeye.

Ikirere kitameze neza ku mpinja gituma n’ibihaha byazo bidakora neza, bikaba byatuma zihera umwuka zigapfa.

Izi mpamvu hamwe n’izindi zizwi n’abaganga ziri muzishobora gutuma bariya bana batazagira ubuzima bwiza mu gihe cyose badasubijwe ababyeyi bazo ngo baziteho.

Perezida Buhari yategetse ko mu bitaro byose hashyirwa ingamba zikomeye zo kuharindira umutekano kugira ngo ubujura nka buriya butazongera.

N’ubwo nta mutwe urigamba ririya shimuta, harakekwa umutwe wo muri Biafra witwa Indigenous People of Biafra (IPOB).

Hari n’impungenge z’uko abashimuse ziriya mpinja baba baragiye ‘kuzitangaho ibitambo.’

Biranatangaje ko abavugwaho kwiba ziriya mpinja nta muntu bigize barasa, nta muntu bigeze bakomeretsa, ahubwo icyabo cyari ukwiba impinja.

Bafashe impinja n’ibyahi zari ziryamyemo barazijyana.

Umwe mu baganga babonye biba avuga ko kuba barabikoze bigakunda, bivuze ko n’ubutaha babikora nabwo bikabahira.

Agace ka Anambra kamaze iminsi gashaka ko Biafra iba Intara yigenga ya Nigeria.

Ni agace gafite n’ishami rya gisirikare ryitwa Eastern Security Network (ESN).

Uwahoze ari umuyobozi w’umutwe wa Biafra witwa  Nnamdi Kanu yafunzwe mu mwaka wa  2020 akurikiranyweho ubugambanyi  n’ubwicanyi ariko kuba yarafunzwe ntibyabujije abamwemera gukomeza gushaka ko Biafra yigenga.

TAGGED:AbanaBuharifeaturedImpinjaIntaraNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Barataka Ko Abacukura Amabuye Y’Agaciro Babangiriza
Next Article Marina Yagiye Bwa Mbere i Dubai Kubataramira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?