Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Baturutse Mu Turere 13 Bajye Gusengera i Musanze Mu Rugo Rw’Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Baturutse Mu Turere 13 Bajye Gusengera i Musanze Mu Rugo Rw’Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 August 2023 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

I Musanze habereye amasengesho yahuje abaturage baturutse hirya no hino mu Rwanda, akorerwa mu rugo rw’umuturage mu buryo butemewe n’amategeko.

Inkuru  ya Kigali Today ivuga ko umugabo wakiriye abo banyamasengesho, yari yabubakiye igisharagati mu ihema yashinze mu gipangu cye.

Nyuma amakuru yaje kugera kuri Polisi ko hari abaturage bari gusengera hariya hantu kandi hatari hasanzwe hasengerwa kuko ari mu rugo rw’umuturage.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Superintendent of Police  Jean Bosco Mwiseneza nawe yamereye itangazamakuru ko bariya bantu bafashwe kandi ko byatewe n’uko basengaga mu buryo butemewe n’amategeko.

Yagize ati “Basengaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ntabwo bigeze babimenyesha ubuyobozi, kandi igihe cyose ugiye gukora ikoraniro ugomba kubimenyesha ubuyobozi, urabisaba ukemererwa ukabona kubikora. Twabimenye duhawe amakuru n’abaturage, ubu bari ku biro by’Akagari ka Rwambogo aho barimo kuganira n’ubuyobozi, barimo kwigishwa.”

Polisi ivuga ko abo bantu bitwa  Abera b’Imana bakaba bageraga ku bantu 103.

Abo mu Turere tw’Intara y’Amajyaruguru ni bo muri Musanze, Gakenke na Rulindo.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko gusenga byemewe ariko ko iyo bidakorewe ahabigenewe, bisaba ko aho bigeye gukorerwa hagomba kubisibirwa mu nzego zibifitiye uruhushya.

SP Mwiseneza avuga ko ibyo basabwe mu buryo bwemewe n’amategeko, ababisabye babikora nta ntugunda kandi bagacungirwa umutekano.

Bibaye hashize igihe gito Perezida Kagame yihanije abantu bifata bakajya gusenga ubukene, bisa n’aho yavugaga imisengere ikoranwa ubujiji abantu ntibakore ngo batere imbere ahubwo bakibwira ko Imana ari yo izabakiza.

TAGGED:AbaturageAkarereAmasengeshofeaturedMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Hizihijwe Umunsi Wagenewe Imbonerakure
Next Article Ndayishimiye Arashaka Gufatanya Na Tshisekedi Mu Bya Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tshisekedi Arabwira Inteko Iby’Ingenzi Aherutse Kwemeranya Na Perezida Kagame

Perezida wa Benin Yabwiye Abaturage Ko Abashatse Kumuhirika Baruhiye Ubusa

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Imikino

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?