Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Baturutse Mu Turere 13 Bajye Gusengera i Musanze Mu Rugo Rw’Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Baturutse Mu Turere 13 Bajye Gusengera i Musanze Mu Rugo Rw’Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 August 2023 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

I Musanze habereye amasengesho yahuje abaturage baturutse hirya no hino mu Rwanda, akorerwa mu rugo rw’umuturage mu buryo butemewe n’amategeko.

Inkuru  ya Kigali Today ivuga ko umugabo wakiriye abo banyamasengesho, yari yabubakiye igisharagati mu ihema yashinze mu gipangu cye.

Nyuma amakuru yaje kugera kuri Polisi ko hari abaturage bari gusengera hariya hantu kandi hatari hasanzwe hasengerwa kuko ari mu rugo rw’umuturage.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Superintendent of Police  Jean Bosco Mwiseneza nawe yamereye itangazamakuru ko bariya bantu bafashwe kandi ko byatewe n’uko basengaga mu buryo butemewe n’amategeko.

Yagize ati “Basengaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ntabwo bigeze babimenyesha ubuyobozi, kandi igihe cyose ugiye gukora ikoraniro ugomba kubimenyesha ubuyobozi, urabisaba ukemererwa ukabona kubikora. Twabimenye duhawe amakuru n’abaturage, ubu bari ku biro by’Akagari ka Rwambogo aho barimo kuganira n’ubuyobozi, barimo kwigishwa.”

Polisi ivuga ko abo bantu bitwa  Abera b’Imana bakaba bageraga ku bantu 103.

Abo mu Turere tw’Intara y’Amajyaruguru ni bo muri Musanze, Gakenke na Rulindo.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko gusenga byemewe ariko ko iyo bidakorewe ahabigenewe, bisaba ko aho bigeye gukorerwa hagomba kubisibirwa mu nzego zibifitiye uruhushya.

SP Mwiseneza avuga ko ibyo basabwe mu buryo bwemewe n’amategeko, ababisabye babikora nta ntugunda kandi bagacungirwa umutekano.

Bibaye hashize igihe gito Perezida Kagame yihanije abantu bifata bakajya gusenga ubukene, bisa n’aho yavugaga imisengere ikoranwa ubujiji abantu ntibakore ngo batere imbere ahubwo bakibwira ko Imana ari yo izabakiza.

TAGGED:AbaturageAkarereAmasengeshofeaturedMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Hizihijwe Umunsi Wagenewe Imbonerakure
Next Article Ndayishimiye Arashaka Gufatanya Na Tshisekedi Mu Bya Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?