Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bayobozi Mwibuke Amazina Y’Ababyeyi B’Abavugwa Muri Raporo Mutanga Ku Byaha- RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bayobozi Mwibuke Amazina Y’Ababyeyi B’Abavugwa Muri Raporo Mutanga Ku Byaha- RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2023 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rugira inama abayobozi mu nzego z’ibanze ko mu gihe cyo gutanga raporo ku cyaha runaka cyakorewe aho bayobora, buri gihe bagomba kujya bibuka kwandika amazina y’ababyeyi b’abakekwa ndetse n’amazina y’ababyeyi b’ababahohotewe.

Impamvu ni uko abantu bashobora kwitiranwa amazina yombi, ariko ngo ntibishoboka ko n’ababyeyi babo bakwitiranwa neza neza.

Byavugiwe mu bukangurambaga uru rwego ruri rukorera mu bice bitandukanye by’Intara y’Amajyepfo.

Umwe mu bagenzacyaha yabwiye abayobozi bari baje kumva izo nama ko hari ubwo abantu bahuza amazina ndetse n’italiki y’amavuko ndetse n’aho bavukiye.

Ati: “ Twese dushobora kuvukira taliki 24, Ukwakira, mu mwaka runaka, twese tukavuka saa sita z’ijoro, twese tukavukira mu Kagari kamwe, Umurenge umwe ndetse no mu Mudugudu umwe. Ikizadutandukanya ni uko umwe azaba ari umuhungu wa runaka, undi akaba umuhungu wa runaka na runaka.”

Abo bayobozi babwiwe ko akenshi icyaha cy’ihohoterwa kidahutiraho ahubwo kigira ibindi byakibanjirije bityo ngo mu gutanga raporo, umuyobozi agomba kureba niba nta yandi makuru ajyanye n’ibyo byabanjirije icyaha nyirizina agomba gishyira muri raporo ye.

Umwe mu bayobozi bitabiriye aya mahugurwa ya RIB witwa Epimaque Munyakazi akaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba avuga ko amahugurwa bahawe yabongerereye ubumenyi mu gutegura inyandiko ivuga uko icyaha cyakozwe kugira ngo izafashe abagenzacyaha mu gihe gikwiye.

Ashima ko RIB ikomeje kubegera ikabagira inama mu kwirinda ibyaha by’ingeri zitandukanye harimo n’inama yigeze kubagira mu kwirinda ibyaha bigendana no kwangiza ibidukikije kuko mu Murenge we  hakunze gukorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Munyakazi yabwiye itangazamakuru ko amahugurwa bahawe n’abakozi ba RIB atazaba amasigarakicaro ahubwo bazajya bayageza ku bandi buri wa Kabiri mbere y’uko Inteko z’abaturage zitangira.

Ibyo ngo bizatangirira ku Mudugudu ariko bikomereze no ku rwego rw’Akagari n’urw’Umurenge.

Ubugenzacyaha buri mu bukangurambaga bugenewe abayobozi ku mikorerwe inoze ya raporo ku byaha byakorewe aho bayobora.

Ni gahunda yatangijwe mu mwaka wa 2022.

Ku ikubitiro bwakorewe mu Ntara Y’Uburasirazuba mu Karere ka Bugesera, Akarere ka Kayonza, Akarere ka Rwamagana n’Akarere ka Ngoma.

Muri iyo Ntara hahuguwe abayobozi mu nzego zitandukanye bagera ku 2,200.

Mu guhitamo uturere two guhuguramo abayobozi, RIB ishingira ku mibare yerekana uko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa irindi iba ihagaze muri ako gace mu gihe runaka.

Mu Ntara y’Amajyepfo uturere basanganye iyi mibare myinshi ni dutanu twavuzwe haruguru.

Utwo ni Nyanza, Gisagara, Ruhango, Muhanga na Kamonyi.

Intego ya RIB  ni ukuganira n’abo bayobozi bakungurana ubumenyi, bagahugurana, hagamijwe kunoza imikoranire mu nyungu z’umuturage.

TAGGED:AbayobozifeaturedIhohoterwaIntaraRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’u Rwanda N’Iya Zimbabwe Zirateganya Ubufatanye
Next Article M23 Yerekanye Intwaro Zikomeye Ivuga Ko Yambuye Ingabo Zidasanzwe Za DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?