Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bemeje Ko Imirambo Y’Abantu Izaba Ifumbire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bemeje Ko Imirambo Y’Abantu Izaba Ifumbire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2023 3:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

New York yabaye Leta ya Gatandatu muri Leta 51 zigeze Leta zunze ubumwe z’Amerika yemeje ko imirambo y’abantu izajya ifumbizwa.

Gufumbiza imirambo y’abantu ngo ni igikorwa kitangiza ibidukikije nk’uko bimeze mu gushyingura bisanzwe cyangwa gutwika imirambo.

Ku rundi ruhande hari ababyamaganye bavuga ko ari ugutesha agaciro ikiremwamuntu kuko umuntu ari uwo kubahwa akiriho ariko bikanakomeza yaranapfuye.

Izindi Leta zo muri Amerika zari zisanzwe zemera ibi ni iya California, iya Washington, iya Colorado, iya Vermont, n’iya Oregon.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kubikora, bafata umurambo bakawushyira mu kibumbano kirimo ibimera runaka noneho mu gihe kijya kungana n’ukwezi kuzuye, umurambo ukaba wamaze kubora bikozwe na za microbes.

Icyakora Inama nkuru ya Kiliziya Gatulika muri Leta ya New York yamaganye iby’icyo cyemezo.

Abayigize bavuga ko umubiri w’umuntu udakwiye gufatwa nk’umwanda wo mu rugo bashyira mu ngarani.

Guverineri wa New York w’Umudemukarate witwa Kathy Hochul niwe wasinye itegeko ryemeza ko umurambo w’umuntu wajya ufumbizwa aho gushyingurwa mu buryo busanzwe.

Icyo abemeje ririya tegeko bashingiraho,  ni uko ngo n’ubundi iyo umuntu apfuye abora bityo rero ngo aho kugira ngo abore gutyo bisanzwe yabora ariko kubora kwe ntijyanirane no kwangiza ibidukikije binyuze mu gutwika umubiri we cyangwa gucukura ngo bangize ubutaka bategura imva yo kumushyinguramo.

- Advertisement -

Mu bihugu bimwe na bimwe hari aho n’ubutaka bwo gushyinguramo abantu bwabuze kubera ko ari buto kandi bakeneye aho gutura no kubaka ibindi bikorwa remezo.

Mu mijyi nka New York ahantu hatuwe cyane k’uburyo umuntu atapfa kubona ubutaka bwo gushyinguramo, ngo guhindura umubiri w’umuntu ifumbire byaba umuti w’iki kibazo!

Ku rundi ruhande ariko, abantu nibo bazajya bahitamo niba umubiri wabo wagirwa ifumbire.

Ni ibintu bigomba gukorwa ku bushake.

Kugeza ubu hari abantu bagera ku 200 bemeye ko imibiri yabo izahindurwa ifumbire mu gihe hari abandi 1,200 bategereje ko ubusabe bwabo kuri iki kibazo buzemerwa.

Ni igikorwa Abanyemerika bavuga ko kita ku bidukikije
Guverineri wa New York yameje ko nayo izajya ifumbiza imirambo ku babishaka
Umurambo bawurenzaho ibyatsi bakabishyiramo za microbes ziwurya k’uburyo mu kwezi uba urangiye ubunzi ibya byatsi bakaba babijyana kubigira ifumbire
TAGGED:AmerikafeaturedGushyingurwaImiramboImvaIrimbiLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 100,000 Nibo Bazasezera Umurambo Wa Papa Benedigito XVI
Next Article Brazil: Imbaga Yaje Gusezera Kuri PELE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

Kagame Yavuze Uruhare Afurika Ikwiye Kugira Mu Mutekano Wayo

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Ubutumwa Bwa IBUKA Bwamagana Iyicwa Rya Nyirangirinshuti

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hari Kwigwa Uko Ibiganiro Bya EAC Byahuzwa N’Ibya SADC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Joe Biden Arembejwe Na Cancer Ifata Ubugabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Amajyaruguru: Abana 22,000 Bataye Ishuri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Umukecuru Warokotse Jenoside Yishwe Atemwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?