Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Bidateye Kabiri’ Putin Yakoze Biden Mu Jisho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

‘Bidateye Kabiri’ Putin Yakoze Biden Mu Jisho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2021 3:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nta kwezi kurashira Perezida w’u Burusiya ahuye na mugenzi we utegeka Amerika bahurira mu Busuwisi. Icyo gihe  Biden yaretse Putin urutonde rw’ibigo 16 atagomba kuzahirahira ngo agabeho ibitero by’ikoranabuhanga.

Byabaye nko kugosorera mu rucaca kuko abahanga mu ikoranabuhanga rya mudasobwa bo mu Burusiya bagabye igitero kitarabaho mu mateka cyageze kuri mudasobwa z’ibigo birenga miliyoni hirya no hino mu bihugu 17 harimo n’ibyo muri Amerika.

Itangazamakuru ryo mu Burayi n’Amerika ritangaza ko bariya bahanga  b’Abarusiya bari gusaba ingurane ya miliyoni 70$ kugira ngo barasubize ibintu ku murongo.

Ibindi bigo byahuye n’akaga kubera biriya bitero byiganjemo ibyo muri Suède, Nouvelle Zélande, u Buholandi n’ahandi.

Abahanga bavugwaho gutegura no kugaba kiriya gitero ni abo mu itsinda ryitwa REvil.

Kugira ngo babigereho neza, babanje kwinjira muri gahunda za mudasobwa z’ikigo cyo muri Amerika kitwa Kaseya, iki kigo nicyo cyari gifatiye runini ibindi bigo byagizweho ingaruka na kiriya gitero.

REvil yamaze kwishyurwa miliyoni 11 $ ariko irashaka ko n’ayandi yose asigaye yishyurwa niba ba nyiri ubucuruzi bifuza gukomeza gukora neza.

Irashaka ko yishyurwa miliyoni 70 $ zuzuye.

Joe Biden avuga ko yategetse Ibiro by’Amerika bishinzwe iperereza, FBI, ngo birebe niba koko biriya bitero byaragabwe n’Abarusiya, ubundi akazabihimuraho.

Abazi imikorere y’abahanga mu bya mudasobwa bavuga kugaba igitero nka kiriya mu mpera z’Icyumweru byorohera ababikora kugera ku ntego yabo kuko mudasobwa nyinshi ziba zizimije bityo abazikoresha bashinzwe ikoranabuhanga ntibashobore kuzitabara.

Abenshi bamenya ibyabaye ku wa Mbere basubiye ku kazi.

Ciaran Martin wo mu Kigo cy’Abongereza kitwa National Cyber Security Centre yabwiye Radio 4 ko iyo urebye ubukana bwa kiriya gitero n’ubwinshi by’imashini cyabujije gukora ubona ko cyari ‘karahabutaka.’

Iki gitero cyagabye n’abahanga mu ikoranabuhanga bo mu kigo REvil

Ikigo cy’ubucuruzi cyo muri Suède kitwa Coop cyafunze amaduka yacyo 800 nyuma yo kubona ko imashini zabariraga abakiliya amafaranga zidakora neza.

Radio y’iki gihugu nayo yavuye ku murongo, tutibagiwe n’ikigo cyacyo gitwara abantu muri Gari ya moshi.

Hari ikigo cyo mu Budage cyamenyesheje Leta ko hari serivisi cyahaga abakiliya kitari gutanga kubera ko kinjiriwe na ba rushimusi mu ikoranabuhanga.

Ibigo bibiri bikomeye bikora iby’ikoranabuhanga mu Buholandi nabyo byabaye bifunze.

Ibyo ni VelzArt na  Hoppenbrouwer Techniek.

Ni igitero cyagize ingaruka no kuri za Salon de coiffure.

Ibintu bimaze kugaragara ko bikomeye kurusha uko abantu babikeka, abakozi bashinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga bavuye mu ngo zabo batsa mudasobwa ngo barebe aho kiriya gitero cyaba cyaraturutse.

Ibimenyetso bafite kugeza ubu byerekana ko biriya bitero byaturutse mu Burusiya.

Basuzumye basanga imashini za mbere zaratangiye guhura n’ikibazo ku wa Gatanu tariki 02, Nyakanga, 2021.

Ubu FBI yahagurutse ndetse na Perezida Biden yayihaye uburenganzira bwo gukora uko ishoboye ikamenya uwagabye kiriya gitero n’aho aherereye.

Biden yaraye abwiye abanyamakuru ko nibigaragara ko kiriya gitero cyaturutse i Moscow, Amerika izihimura ku Burusiya.

Hari abavuga ko Biden ari umunyantege nke imbere ya Putin…

Umudepite witwa Kevin McCarthy aherutse kwandika kuri Twitter ko Perezida Biden agaragaza intege nke imbere ya Vladmir Putin.

Putin na Biden ubwo baheruka guhurira i Geneve mu Busuwisi

Avuga ko ubwo baheruka guhurira i Geneva mu Busuwisi, Biden yeretse Putin urutonde rw’ibigo by’Amerika Abarusiya batagomba kuzahirahira ngo bagabeho ibitero.

Icyo gihe Putin yaramwihoreye.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma y’aho, umunyamakuru uhagarariye CNN mu Biro bya Biden witwa Kaitlan Collins yabajije Perezida Joe Biden icyo ashingira ho yemeza ko Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin ashobora kuzahindura politiki ze kuri USA.

Ikibazo umunyamakuru wa CNN yabajije Biden cyaramurakaje

Byabaye nk’ibirakaje Biden amusubiza ko ibyo kumuhindura bitamurimo.

Ati: “ Ninde wakubwiye ko mfite umugambi wo kumuhindura? Ariko mwabaye mute?”

Uko bigaragara , impungenge za Madamu Kaitlan Collins zifite ishingiro kuko ibyo Biden yabujije Putin bigaragara ko yabirengeje amatwi.

TAGGED:AmerikaBidenBurusiyaFBIfeaturedIgiteroIkoranabuhangaPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yabazwe Mu Mara
Next Article Abagore Bafatiwe I Ndera Bakurikiranyweho Kwiba Ab’I Rusizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?