Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Agiye Kuzibukira Ibyo Kwiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Biden Agiye Kuzibukira Ibyo Kwiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2024 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite aremeza ko mu ntangiriro z’Icyumweru kizatangira kuri uyu wa Mbere Joe Biden azatangaza ko yakuyemo kandidatire ye nk’Umudemukarate uziyamamariza kuyobora Amerika.

Biden avuga ko azakomeza kuyobora Amerika kugeza iyi manda irangiye ariko ko ataziyamamariza kuyobora indi.

Mu Ugushyingo, 2024 nibwo hazaba amatora ya Perezida ngo hatorwe uzakomeza kuyobora Amerika mu yindi manda y’imyaka ine.

Iyi manda Biden yayiyoboraga nyuma yo gutsinda Donald Trump mu matora yabaye mu mwaka wa 2020.

Ibiro bya Biden biri gutegura imbwirwaruhame azageza ku baturage ikubiyemo ubwegure bwe ku mukandida w’Abademukarate mu matora ari imbere.

Icyakora Biden ngo ntazashyigikira umwungirije ari we Madamu Harris Kamala ngo yiyamamaze ku mwanya wo kumusimbura.

Joe Biden arateganya kuzabwira abagize Ihuriro ry’Abademukarate ko afunguriye abandi urubuga rwo gutanga kandidatire ku  mwanya yari amaze iminsi ashaka kuzongera kwiyamamariza.

Twabibutsa ko uyu mugabo w’imyaka 81 y’amavuko aherutse gutangaza ko uretse Imana yonyine ari yo yamubwira kureka kwiyamamaza akabyemera.

Naramuka atangarije bagenzi be bo mu ishyaka rye ko atakiyamamaje, azaba abafunguriye amarembo yo gutanga kandidatire bityo na Madamu Harris Kamala abyungukiremo.

Amwe mu mazina ahabwa amahirwe yo kuziyamamaza ni  Guverineri wa California witwa Gavin Newsom, Guverineri wa Michigan witwa Gretchen Whitmer, Umunyamabanga wa Leta y’Amerika ushinzwe ubwikorezi witwa  Pete Buttigieg na Visi Perezida Harris Kamala.

Abandi bavugwaho kugira akayihayiho ko kwiyamamariza kuyobora Amerika ni Guverineri wa Leta ya  Kentucky witwa Andy Beshear na mugenzi we uyobora Leta ya Pennsylvania witwa Josh Shapiro.

Abazitabira ariya matora bazareba niba buri wese mu biyamamaje afite ibisabwa ngo yemezwe, nibigaragara ko batayujuje hazarebwa niba hazaba andi matora yo kureba niba ntawahabwa ayo mahirwe hashingiwe ku zindi ngingo.

Iyi mikorere yashyizweho ku bwumvikane hagati y’Abademukarate b’ibigugu nka Nancy Pelosi wahoze uyobora Inteko ishinga amategeko, Barack Obama wayoboye Amerika na Chuck Schumer wahoze ayobora Sena.

Ubwumvikane ku ngingo y’uko Biden ahagarika kuziyamamaza yagezweho nyuma y’uko bigaragaye ko hari ikibazo afite cyo guhuza ibitekerezo neza ku buryo yatanga ingingo ifatika yamuhesha amajwi mu Banyamerika.

Kuba Biden yaratangaje ko atazashyigikira Visi Perezida we, umugore wa mbere wirabura wageze kuri uyu mwanya, ni ikintu bamwe bagaye.

Abakigaye bavuga ko kumushyigikira byari bube ikimenyetso cyiza cyerekana ko Amerika y’ubu itandukanye n’iya kera ku byerekeranye no guha amahirwe abayituye bose nta vangura.

Icyakora abari ku ruhande rwa Harris Kamala bavuga ko naramuka yemerewe kwiyamamaza afite amahirwe yo kuzahatambukana umucyo.

Bavuga ko niyo Biden atamufasha, ashobora kwihihibikanira akabona uburyo bwo kwiyamamaza kandi akaba yanatsinda.

Abademukarate b’abakire bavuga ko amafaranga yabo akwiye guhabwa umuntu uziyamamaza neza, agashobora kwemeza Abanyamerika ko kumutora byabagirira akamaro.

Kugeza ubu hari miliyoni ziri hagati ya $200 na miliyoni $300 zateguwe kugira ngo zizafashe umukandida Biden kwiyamamaza.

Uko bimeze kose ariko bizakenerwa ko ayo mafaranga yongerwa ubwo hazaba habonetse undi mukandida ushobora kuzakenera menshi mu kwiyamamaza kwe.

Abakurikiranira hafi imikorere y’ishyaka ry’Abademukarate bavuga ko ubwo umukandida azaba yamaze kwemeranywaho, hari andi mafaranga azaboneka binyuze mu mpano zizatangwa n’abandi baherwe bashyigikiye iri shyaka.

Mu nama yaguye y’Ishyaka ry’Abademukarate hazaganirwamo nonane ejo hazaza haryo.

Izaganirirwamo n’uburyo abarigize bazahangana na Donald Trump uherutse kwemezwa n’aba Republican ngo azabahagararire mu matora.

Uyu aherutse kurusimbuka ubwo yaraswaga n’umusore w’imyaka 20 akamuhusha.

Isasu ryamufashe ugutwi riraguhushura.

TAGGED:AbademukarateBidenfeaturedIshyakaTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutsiro: Abagabo Barataka Ko Ingoyi Y’Abagore Babo Ibarembeje
Next Article Pasiteri Mpyisi Yasize Yanditse Igitabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?