Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yahariye Kamala Harris Ngo Aziyamamaze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Biden Yahariye Kamala Harris Ngo Aziyamamaze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2024 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Joe Biden wari warahakanye agatsemba ko atazareke kwiyamamariza kongera kuyobora Amerika, yavuye ku izima aharira Visi Perezida we Harris Kamala.

Kamala Harris wari Visi-Perezida niwe uzahagararire ishyaka ry’ Abademokarate mu matora azaba ahanganyemo na Donald Trump.

Abademukarat bakomeye barimo n’abategetse Amerika batangaje ko bashyigikiye Harris, abo bakabamo na Bill Clinton wahoze ayobora Amerika.

Ubwo yatangazaga ko avuye mu byo kwiyamamaza, Joe Biden yanditse kuri X  ati “Nshuti zanjye z’Abademokarate, nafashe icyemezo cyo kutemera ubusabe (bwo kwiyamamariza kuba Perezida), ingufu zanjye zose nzishyize mu gihe nsigaje nka Perezida”.

Biden avuga ko ubwo yari amaze gutorwa nka Perezida w’ishyaka rya Demokarate mu mwaka wa 2020 yahise agira Kamala Harris Visi Perezida kandi ngo kiriya ni kimwe mu byemezo byiza yafashe.

Ati “Uyu munsi ndashaka guha ubufasha bwanjye, n’amahirwe Kamala akaba ari we uzahagararira ishyaka ryacu uyu mwaka. Ba Demokarate ni cyo gihe ngo twunge ubumwe, ubundi dutsinde Trump. Mureke tubikore”.

Uwo Trump bavuga ko bazatsinda nawe ntiyoroshye kuko yigeze kuyobora Amerika mu myaka yashize.

Aherutse kurusimbuka ubwo umusore w’ imyaka 20 yamurasaga umutwe akamuhusha isasu rigafata ugutwi.

Ntibyatinze yahise yemezwa n’abo mu ishyaka rye kuzabahagararira mu matora abura amezi ane ngo abe.

Kamala Harris yatangaje ko gutsinda Trump bishoboka kandi ko bizashoboka nafatanya na bagenzi be b’Abademukarate.

Indi nkuru bijyanye:

Biden Agiye Kuzibukira Ibyo Kwiyamamaza

TAGGED:AmatoraBidenfeaturedHarrisKamalaTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yasohoye Indirimbo Ishima Ko Kagame Yatsinze Amatora
Next Article Kagame Yashimye Abikorera Ku Nkunga Bamuteye Mu Kwiyamamaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?