Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yirinze Kuvuga Byinshi Kubishinjwa Guverineri Wa New York
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Biden Yirinze Kuvuga Byinshi Kubishinjwa Guverineri Wa New York

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2021 10:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden, yabajijwe n’abanyamakuru ibyo atangaza ku bivugwa ko Guverineri wa New York Bwana Andrew Cuomo yagombye kwegura, undi avuga ko ibyiza ari uko abantu bategereza ibizava mu iperereza.

Biden na Cuomo bombi  ni abo mu Ishyaka ry’Aba Demukarate.

Igisubizo cya Perezida Biden gitandukanye n’icy’abandi bayobozi bakuru ba USA barimo n’abo mu ishyaka rye bamaze iminsi basaba ko Bwana Andrew Cuomo yegura.

BBC yanditse ko ubwo yari ahagaze ngo agire icyo aganira n’abanyamkuru, Biden yasubije umunyamakuru wari umubajije iby’ukwegura kwa Cuomo ati: “ Ntekereza ko byaba byiza gutegereje ikizava mu iperereza ryatangijwe ku byo ashinjwa.”

Hari abagore barindwi bamaze iminsi batangaje ko Bwana Cuomo yabahozaga ku nkeke abaka ruswa y’igitsina.

Ibi Andrew Cuomo yarabihakanye, avuga ko ‘atigeze agira n’umutima wo gukora ibintu nk’ibyo!’

Guverineri Cuomo ntaragira ikintu kinini atangaza ku bamusaba ko yegura.

Andrew Cuomo ubu afite 63 y’amavuko.

Bagenzi basangiye ishyaka bitwa Chuck Schumer na Kirsten Gillibrand baherutse kuvuga ko uriya mugabo yagombye kwegura kuko abatuye New York bamutereye icyizere.

Perezida w’Inteko ishinga amategeko Umutwe w’Abadepite Madamu Nancy Pelosi aherutse kuvuga ko ibya Cuomo bigomba gushingira ku mutimanama we, akareba niba ntacyo umushinja cyangwa waba ukimushinja akegura.

Nawe yirinze kugira icyo atangaza ku basaba ko Guverineri Cuomo yegura.

Abagore bashinja Cuomo kubahohotera barimo Lindsey Boylan, Jessica Bakeman n’abandi.

TAGGED:AmerikaBidenCuomoGuverineriNew York
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Beyoncé Na Taylor Swift Bakoze Amateka Muri Grammy Awards 2021
Next Article Abaharanira Kuba Miss Rwanda Basuye Uruganda Rutunganya Indabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?