Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yirinze Kuvuga Byinshi Kubishinjwa Guverineri Wa New York
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Biden Yirinze Kuvuga Byinshi Kubishinjwa Guverineri Wa New York

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2021 10:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden, yabajijwe n’abanyamakuru ibyo atangaza ku bivugwa ko Guverineri wa New York Bwana Andrew Cuomo yagombye kwegura, undi avuga ko ibyiza ari uko abantu bategereza ibizava mu iperereza.

Biden na Cuomo bombi  ni abo mu Ishyaka ry’Aba Demukarate.

Igisubizo cya Perezida Biden gitandukanye n’icy’abandi bayobozi bakuru ba USA barimo n’abo mu ishyaka rye bamaze iminsi basaba ko Bwana Andrew Cuomo yegura.

BBC yanditse ko ubwo yari ahagaze ngo agire icyo aganira n’abanyamkuru, Biden yasubije umunyamakuru wari umubajije iby’ukwegura kwa Cuomo ati: “ Ntekereza ko byaba byiza gutegereje ikizava mu iperereza ryatangijwe ku byo ashinjwa.”

Hari abagore barindwi bamaze iminsi batangaje ko Bwana Cuomo yabahozaga ku nkeke abaka ruswa y’igitsina.

Ibi Andrew Cuomo yarabihakanye, avuga ko ‘atigeze agira n’umutima wo gukora ibintu nk’ibyo!’

Guverineri Cuomo ntaragira ikintu kinini atangaza ku bamusaba ko yegura.

Andrew Cuomo ubu afite 63 y’amavuko.

Bagenzi basangiye ishyaka bitwa Chuck Schumer na Kirsten Gillibrand baherutse kuvuga ko uriya mugabo yagombye kwegura kuko abatuye New York bamutereye icyizere.

Perezida w’Inteko ishinga amategeko Umutwe w’Abadepite Madamu Nancy Pelosi aherutse kuvuga ko ibya Cuomo bigomba gushingira ku mutimanama we, akareba niba ntacyo umushinja cyangwa waba ukimushinja akegura.

Nawe yirinze kugira icyo atangaza ku basaba ko Guverineri Cuomo yegura.

Abagore bashinja Cuomo kubahohotera barimo Lindsey Boylan, Jessica Bakeman n’abandi.

TAGGED:AmerikaBidenCuomoGuverineriNew York
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Beyoncé Na Taylor Swift Bakoze Amateka Muri Grammy Awards 2021
Next Article Abaharanira Kuba Miss Rwanda Basuye Uruganda Rutunganya Indabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?