Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yise Xi Umunyagitugu, Ubushinwa Buti: ‘Uwo Ni Umwanduranyo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Biden Yise Xi Umunyagitugu, Ubushinwa Buti: ‘Uwo Ni Umwanduranyo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 June 2023 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma gato y’uko Umunyamabanga w’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken arangije urugendo yakoreraga Beijing, Perezida Biden yavuze ko mugenzi we uyobora Ubushinwa ari ‘umunyagitugu’.

Biden ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo gukusanya amafaranga giheruka kubera i California, yavuze ko Perezida Xi yatunguwe kandi ababazwa cyane no kubona igipirizo cy’ubutasi cy’Ubushinwa( spy ballon) cyari mu kirere cy’Amerika cyararashwe n’indege y’intambara.

Ni ubwa mbere Perezida Biden yavuze  kuri Xi jinping nk’umuntu ku giti cye, akamuvugaho amagambo ab’i Beijing bafashe nk’umwanduranyo.

Ubwo yari avuye kuganira na bagenzi be bo mu Bushinwa uko umubano wakongera kuba mwiza, Blinken yavuze ko n’ubwo ibyabaye kuri kiriya gipirizo byababaje Abashinwa, ngo ibyo byagombye kurangira, ahubwo ibihugu byombi bikita ku nyungu bisangiye mu gihe kiri imbere.

Ibi ariko ntibyatinze kuzanwamo kirogoya n’amagambo ya Biden wise Xijinping ‘umunyagitugu’.

Biden yavuze ko kuba Xi yarababajwe n’iraswa cya kiriya gikoresho cy’ubutasi ari uko atatekerezaga ko hari uwakirasa.

Ngo uko niko abanyagitugu bose bitwara iyo batunguwe.

 Mu gukomeza amagambo, Biden yunzemo ko Ubushinwa muri iki gihe bufite ibibazo by’ubukungu bitabworoheye.

Ubushinwa bwagize icyo bubivugaho…

Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa witwa Mao Ning yavuze ko imvugo ya Biden ari imvugo nyandagazi, igaragaza umuyobozi utazi gushyira mu gaciro.

Madamu Mao Ning

Ning yavuze ko ibyo Biden aherutse kuvuga, byerekana ko yakoze nkana Ubushinwa mu jisho kandi ko byakomye mu nkokora umurongo w’ububanyi n’amahanga ibihugu byombi byari bitangiye gushyiraho.

Ku rundi ruhande hari abavuga ko ibyo Blinken yemeranyije na Xi jinping ubwo aheruka mu Bushinwa ari ingingo zikomeye zigomba kubungwabungwa kugira ngo hatazagira igikoma rutenderi intambara ikavuka.

TAGGED:AmerikaBidenBushinwafeaturedIntambaraPerezidaXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwashyize Ibigize Irangamimerere Byose Mu Ikoranabuhanga
Next Article Mu Mujyi Wa Kigali Hagiye Kuzanwa Bisi Zikoresha Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?