Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bikunze Ubushinwa Bwazajya Buteranyiriza Mu Rwanda Imodoka Z’Amashanyarazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Bikunze Ubushinwa Bwazajya Buteranyiriza Mu Rwanda Imodoka Z’Amashanyarazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2025 9:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imodoka yo mu bwoko wa NIO, bumwe muri bwinshi bukorerwa mu Bushinwa.
SHARE

Ibiganiro hagati y’u Rwanda n’Ubushinwa birakomeje kugira ngo Beijing irebe niba yakwemera kubaka mu Rwanda inganda zikora imodoka z’amashanyarazi.

Uruhagarariye mu Bushinwa witwa Ambasaderi James Kimonyo avuga ko ibyo biganiro biri gukorwa mu rwego rwo kureba ko n’u Rwanda rwazungukira mu mushinga mugari Ubushinwa bufite wiswe Belt And Road Initiative.

Ugamije kubaka ibikorwaremezo bihambaye hirya no hino ku isi bizatuma Ubushinwa burushaho kwamamara, gutera imbere no gukorana n’ibindi bihugu mu bukungu n’ubuhahirane.

Kimonyo yavuze ko  Leta y’u Rwanda iri mu biganiro n’ibigo byo mu Bushinwa bikora ibinyabiziga by’amashanyarazi kugira ngo bitangize mu Rwanda inganda zibiteranya.

Kimwe mu biruha amahirwe yo kuzemererwa iryo shoramari ni uko u Rwanda ruri mu bihugu bifite gahunda yo gukoresha, aho bishoboka hose, ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi.

Ibi kandi no mu Bushinwa barabizi kuko bafite uruganda ruteranya moto z’amashanyarazi rwitwa Gorilla, ndetse hari Abanyarwanda n’Abashinwa baba i Kigali bagendera mu modoka ziyakoresha kandi zakorewe mu Bushinwa.

Mu gusobanura umuhati w’u Rwanda muri urwo rugendo, Ambasaderi Kimonyo yagize ati: “U Rwanda kuri ubu rurayoboye mu bijyanye no gukoresha imodoka na moto by’amashanyarazi. Ubu turi mu biganiro n’ibigo by’Abashinwa bifite ubushake bwo gushinga inganda ziteranyiriza ibi binyabiziga mu Rwanda kugira ngo abantu babibone byoroshye hagamijwe kugabanya imyuka ihumanya ikirere kandi tugire umwuka mwiza wo guhumeka.”

Ambasaderi James Kimonyo.

Muri Mata 2025, Leta yinjiye mu mikoranire n’uruganda rwo mu Bushinwa, Chery International ruri muzikomeye zikora imodoka zikoresha ingufu z’amashanyarazi.

Gahunda zitandukanye u Rwanda rwashyizeho mu gukora ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi zakuruya abashoramari benshi barimo n’abo mu Bushinwa.

Abo barimo VW Mobility Solutions, Victoria Autofast Rwanda, Kabisa, Ampersand, Rwanda Electric Motorcycle Ltd na Safi/Gura Ride.

Minisiteri y’Ibidukikije yemeza Leta y’u Rwanda yihaye gahunda yo gutangira gukoresha imodoka z’amashanyarazi kandi ko kugira ngo izagerweho bizayisaba gushora agera kuri Miliyoni $ 900.

Ni amafaranga azafasha mu kugeza mu Ntara zose izo modoka n’ibikorwaremezo bizifasha gukora neza.

Leta y’u Rwanda ivuga ko izi modoka zizahabwa ibirango byihariye bizazifasha kubona aho zihagarara igihe kirekire hihariye, aho bita muri parikingi.

Mu gihe Leta igiye gukodesha imodoka mu bikorwa bitandukanye, hazajya haherwa kuri izi zikoresha amashanyarazi.

Ikindi ni uko ibigo bizikora n’ibizicuruza bizajya bigabanyirizwa umusoro kandi bigashyirirwaho igihep runaka bizajya bimara bitawishyura.

Nubwo gushyira mu bikorwa gahunda y’ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi mu Rwanda bisa n’ibihenze, Leta y’u Rwanda igaragaza ko mu gihe kirekire ibifitemo inyungu.

Guverinoma iherutse gukora inyigo isanga ko bizagera mu mpera za 2025 u Rwanda rwarizigamiye Miliyari Frw  20 zakoreshwaga mu gutumiza hanze ibikomoka kuri Petelori.

Ibyo bikomoka kuri Petelori ariko nabyo rurabifite kuko hari byinshi ruhunitse bishobora kurufasha kubona ibyo rukeneye mu bihe by’amezi ane.

Kugeza mu mpera za Ukuboza 2024, imodoka zikoresha amashanyarazi zari zihariye 8,9% by’imodoka zose ziri mu Bushinwa.

Muri uwo mwaka ku isoko ry’u Bushinwa hinjiye ubu bwoko bw’imodoka zibarirwa muri miliyoni 11 bingana n’izamuka rya 51,5% ugereranyije n’umwaka wari wabanje.

Imodoka zose zagurishijwe mu Bushinwa mu mwaka wa  2024, izakoresha amashanyarazi zari zihariye 47,6%.

Mu nganda zo mu Bushinwa ziza ku isonga mu gukora imodoka z’amashanyarazi harimo BYD, Geely Auto Group, SAIC Motor, GAC Aion, Li Auto, NIO na Changan Automobile.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedGuverinomaimodokaKimonyoLetaUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibya Château le Marara Byafashe Indi Ntera
Next Article Abacamanza Barasabwa Guhuza Imisesengurire Y’Imanza N’Imyandikire Yazo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?