Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bill Gates N’Umugore We Basabye Gatanya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bill Gates N’Umugore We Basabye Gatanya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 May 2021 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bill Gates washinze uruganda Microsoft agiye gutandukana n’umugore we Melinda bamaze imyaka 27 babana, nk’uko uyu muryango wamaze kubitangaza.

Bill Gates bibarwa ko afite umutungo wa miliyari $130.

Mu itangazo banyijije kuri Twitter, bavuze ko nyuma yo gutekereza no kugoragoza umubano wabo, bafashe icyemezo cyo gushyira iherezo ku gushyingiranwa kwabo.

Bakomeje bati “Mu myaka 27 twareze abana batatu badasanzwe twubaka umuryango ukorera ku isi hose ufasha abantu kugira ubuzima bwiza kandi butanga umusaruro.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Turacyahuje imyumvire kuri iyo ntego kandi tuzakomeza gukorana kuri uwo muryango, ariko ntabwo twumva ko twakomeza kubana nk’umugabo n’umugore mu bihe biri imbere by’ubuzima bwacu.”

Basabye ko ubusugire bw’umuryango wabo bwakubahirizwa mu gihe batangiye urugendo rushya rw’ubuzima.

Ubutumwa batanze

Bafitanye abana batatu – Jennifer w’imyaka 25, Rory wa 21, na Phoebe ufite 18.

Ntabwo birajya ahabona niba Bill na Melinda bafitanye amasezerano y’uko bizagenda nibamara gutandukana, ariko mu mwaka wa 1997 ikinyamakuru The New York Times cyigeze kwandika ko bayafite.

Bill Gates uri mu baherwe ba mbere ku isi, ubukire bwe ahanini abukomora kuri Microsoft yashinze mu 1975, imyaka 20 mbere yo gushyingiranwa na Melinda.

- Advertisement -

Undi muherwe mu ba mbere ku Isi, Jeff Bezos, na we aherutse gutandukana n’umugore we MacKenzie Scott. Hari mu mwaka wa 2019.

Nyuma yo gutandukana bagabanye imitungo bituma MacKenzie aba uwa mbere ukize ku isi kuko yahawe miliyari $38 muri gatanya, ni nka kimwe cya kane cy’ibyari umutungo w’urugo rwabo.

Yahise ajya gushakana n’umwalimu.

Bill na Melinda Gates batangiye gukundana mu 1987, bashyingiranwa mu 1994.

Bill Gates ubwo yashingaga Microsoft muri 1985
Inyandiko yabo ya gatanya
TAGGED:Bill GatesfeaturedMelinda GatesUmuherwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Béchir Ben Yahmed Washinze Jeune Afrique Yapfuye
Next Article Ese Perezida Suluhu Azakuraho Intambara Y’Ubukungu Igihugu Cye Gifitanye Na Kenya?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?