Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bill Gates N’Umugore We Basabye Gatanya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bill Gates N’Umugore We Basabye Gatanya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 May 2021 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bill Gates washinze uruganda Microsoft agiye gutandukana n’umugore we Melinda bamaze imyaka 27 babana, nk’uko uyu muryango wamaze kubitangaza.

Bill Gates bibarwa ko afite umutungo wa miliyari $130.

Mu itangazo banyijije kuri Twitter, bavuze ko nyuma yo gutekereza no kugoragoza umubano wabo, bafashe icyemezo cyo gushyira iherezo ku gushyingiranwa kwabo.

Bakomeje bati “Mu myaka 27 twareze abana batatu badasanzwe twubaka umuryango ukorera ku isi hose ufasha abantu kugira ubuzima bwiza kandi butanga umusaruro.”

“Turacyahuje imyumvire kuri iyo ntego kandi tuzakomeza gukorana kuri uwo muryango, ariko ntabwo twumva ko twakomeza kubana nk’umugabo n’umugore mu bihe biri imbere by’ubuzima bwacu.”

Basabye ko ubusugire bw’umuryango wabo bwakubahirizwa mu gihe batangiye urugendo rushya rw’ubuzima.

Ubutumwa batanze

Bafitanye abana batatu – Jennifer w’imyaka 25, Rory wa 21, na Phoebe ufite 18.

Ntabwo birajya ahabona niba Bill na Melinda bafitanye amasezerano y’uko bizagenda nibamara gutandukana, ariko mu mwaka wa 1997 ikinyamakuru The New York Times cyigeze kwandika ko bayafite.

Bill Gates uri mu baherwe ba mbere ku isi, ubukire bwe ahanini abukomora kuri Microsoft yashinze mu 1975, imyaka 20 mbere yo gushyingiranwa na Melinda.

Undi muherwe mu ba mbere ku Isi, Jeff Bezos, na we aherutse gutandukana n’umugore we MacKenzie Scott. Hari mu mwaka wa 2019.

Nyuma yo gutandukana bagabanye imitungo bituma MacKenzie aba uwa mbere ukize ku isi kuko yahawe miliyari $38 muri gatanya, ni nka kimwe cya kane cy’ibyari umutungo w’urugo rwabo.

Yahise ajya gushakana n’umwalimu.

Bill na Melinda Gates batangiye gukundana mu 1987, bashyingiranwa mu 1994.

Bill Gates ubwo yashingaga Microsoft muri 1985
Inyandiko yabo ya gatanya
TAGGED:Bill GatesfeaturedMelinda GatesUmuherwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Béchir Ben Yahmed Washinze Jeune Afrique Yapfuye
Next Article Ese Perezida Suluhu Azakuraho Intambara Y’Ubukungu Igihugu Cye Gifitanye Na Kenya?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?