Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bill Gates Yatangaje Igihe COVID-19 Izarangirira Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Bill Gates Yatangaje Igihe COVID-19 Izarangirira Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2021 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyiri MocroSoft Bill Gates yatangaje ko afite icyizere cy’uko icyorezo COVID-19 kizarangira mu isi mu mwaka wa 2022. Ku rundi ruhande, yasabye abatuye Isi gukomeza kwirinda kucyandura kubera ko ubwihindurize bwacu muri iki ighe bwiswe Omicron bufite ubwandu buhambaye k’uburyo buzakwira ku isi hose.

Ibi uyu mukire uri mu bakomeye kurusha abandi ku isi yabitangarije kuri Twitter .

Yavuze ko nyuma yo kubona ubukana bw’ubwandu bwa Omicron yahisemo gusubika gahunda ze z’ikiruhuko muri izi mpera z’umwaka wa 2021.

Yanditse ati: “ Mu gihe twese twiteguraga kongera gusubira mu buzima busanzwe, twagize dutya tubona hadutse ubwandu bushya. Iki gihe turimo nicyo gishobora kuba gikomeye kurusha ibindi byose by’icyorezo COVID-19.”

Just when it seemed like life would return to normal, we could be entering the worst part of the pandemic. Omicron will hit home for all of us. Close friends of mine now have it, and I’ve canceled most of my holiday plans.

— Bill Gates (@BillGates) December 21, 2021

Gates yavuze ko Omicron ifite ubukana bwo kwandura kurusha vuba kurusha ibindi byorezo byose byabayeho mu mateka.

Icyakora, avuga ko idafite imbaraga zo kurembya no guhitana uwo yafashe nk’uko byagenze ku bwandu bwa Delta nabwo bwabaye mu mpera z’umwaka wa 2020 ubwo abantu bibwiraga ko COVID-19 irangiye.

Bill Gates yavuze ko yizeye neza ko icyorezo COVID-19  kizarangira mu isi mu mwaka wa 2022.

Ndetse ngo na Omicron nta mezi atatu izamara yanduza abantu.

Ayo mezi atatu ariko ngo azaba mabi bityo  Gates yemeza ko ari ngombwa ko abantu birinda kwandura kiriya cyorezo uko bashoboye kose kandi bakikingiza.

Yasabye abantu gukomeza guhwiturana, buri wese akibutsa mugenzi we ko kutirinda kiriya cyorezo bishyira buri wese mu kaga ko kucyandura.

Kugeza ubu hari hamaze kwaduka ubwoko 10 bwa COVID-19 yihinduranyije.

Ubuheruka kuvumburwa ni ubwo bise ‘Nu’.

Amazina yose yiswe aya mako ya COVID-19 avuga imibare  y’Ikigereki.

Ubwoko bwiswe Omicron ku ikubitiro bwagaragaye mu bihugu bitatu.

Nyuma yo kwiga imikorere yabwonabahanga bemeje ko bwifitemo imbaraga zo gukwirakwira ku kigero kiruta icy’ubwoko bwa Delta inshuro 32.

Kwandura kwabwo gukomoka k’ubushobozi bwabwo  bwo kwihinduranya(mutations).

Hari umwarimu wo mu Ishuri rya Kaminuza ryigisha ubuvuzi mu Bwongereza witwa Professor François Balloux wigeze kuvuga ko buriya bwoko bwatangiye kwiyubaka bukigera mu mubiri w’umuntu wari ufite ubwandu bwa SIDA.

Imihindagurikire yabaye mu miterere y’iriya Virusi yatumye inkingo zidashobora kuyica intege kuko iriya miterere ituma virusi imenya kare ko urukingo ruje igahindura umuvuno kugira ngo rutayikoraho.

Omicron irihariye

Ibi byemezwa n’undi muhanga witwa Dr Tom Peacock nawe wo mu Bwongereza.

Peacock avuga ko iyo yitegereje imiterere y’iriya virusi  abahanga bahaye izina rya B.1.1.529 asanga ‘ishobora’ kuzaba mbi kurusha izindi zayibanjirije harimo na Delta.

Icyakora hari abandi bahanga babwiye MailOnline ko nta mpamvu yo gukuka umutima abantu bagombye kugira kuko kugeza ubu ibimenyetso by’ubukana bw’iriya virusi bitaraba byinshi ngo bigire n’ubukana zikomeye k’uburyo byashingirwaho abantu bakuka umutima!

TAGGED:COVID-19featuredGatesOmicronUbwandu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yifurije Abanyarwanda Iminsi Mikuru Myiza
Next Article Abapolisi B’u Rwanda Barinda Abayobozi Bakuru Muri Centrafrique Hari Icyo Basabwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?