Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bimwe mu bibazo abaturage bifuza ko Perezida Kagame yaza kubasubiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bimwe mu bibazo abaturage bifuza ko Perezida Kagame yaza kubasubiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2020 10:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taarifa yagereye abaturage ibabaza icyo bumva babaza Perezida Kagame mu kiganiro ari buhe Abanyarwanda kuri uyu wa Mbere taliki 21, Ukuboza, 2020. Iki kiganiro kiratangira saa saaba zuzuye(1h00pm).

Umugore witwa Kamaziga avuga ko ikintu yumva yabaza Perezida Kagame ari ukumenya niba abona ibintu bizongera bigasubira mu buryo nk’uko byahoze mbere ya COVID-19.

Ati: “ Ese Perezida wacu abona ibintu bizasubira uko byahoze, tukongera tukagira ubuzima bwiza nka mbere cyangwa abona tugomba kwiga kubana n’ibi bibazo?”

Avuga ko ikindi yamubaza ari ukumenya niba yatanga ikizere ko umubano w’u Rwanda na Uganda uzongera ukaba mwiza, abantu bagahahirana  kuko ngo hari ibintu bitagipfa kuboneka ku isoko ry’u Rwanda kuko byavaga muri Uganda.

Rwomushana Dominique atuye mu Karere ka Gasabo.  Avuga ko icyo yasaba Perezida Kagame ari uko yazasaba abakora mu nzego z’ubutabera ndetse n’abakora amategeko bakegera abaturage bakabasobanurira amategeko cyane cyane afite aho ahuriye n’ubutaka ndetse n’imitungo n’izungura.

Ati: “ Mu by’ukuri numva nasaba Umukuru w’Igihugu ko yazasaba abakora mu butabera bakegera abaturage bakabasobanurira iby’ubutaka kuko nasanze abenshi batabizi bigatuma bajya mu byaha birimo no kwicana bayipfa.”

Ikindi avuga yabaza Perezida Kagame ni icyo abona kigomba gukorwa kugira abayobozi bo mu nzego z’ibanze barusheho kwegera no gukorera abaturage.

Kuri we ngo abenshi barikorera kurusha uko bakorera abaturage bityo bigatuma bahabwa serivisi nabi.

Bikorimana aba mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho.

We avuga ko yabaza Perezida Kagame icyo ateganyiriza abarimu kugira ngo ubuzima bwabo bube bwiza kuko ngo bukomeje kuba bubi kandi barerera igihugu.

Ati: “ Namubaza icyo ateganyiriza mwarimu kuko akomeje kubaho nabi kandi arerera u Rwanda”

Thierry Ndekwe atuye mu karere ka Nyabihu. Avuga ko icyo yabaza Perezida Kagame ari ukumenya niba  asanga nta bikwiye guhindurwa mu mirongo igize Icyerekezo 2050 kugira ngo bihuzwe n’ibihe u Rwanda rurimo rwatewe na COVID-19.

Asaba Perezida Kagame ko yazafasha abanyeshuri n’abarimu kuba muba mbere bazakingirwa COVID-19 kugira ngo bazakomeze bige, batazongera gutakaza undi mwaka w’amashuri.

Wowe ni iki wabaza Perezida Kagame cyangwa ni iki wifuza ko yazakorera Abanyarwanda mu mwaka utaha?

TAGGED:AbaturageAmashuriCOVID-19featuredKagameUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Abasirikare ba Uganda ‘baravugwaho’ gutema Umunyarwanda
Next Article Icyumweru dutangiye si icya ‘House Parties’-CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

Ubusinzi Burakomeje Mu Batwara Ibinyabiziga- Polisi

Ese Uburundi Burashaka Gufasha DRC No Muri Dipolomasi?

Icyorezo Cya Marburg Cyandutse Muri Ethiopia 

Amerika Imaze Kwica Abanya Venezuela 80 Guhera Muri Nzeri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Uhagarariye u Rwanda Muri Singapore Yahaye Perezida Wayo Impapuro Zibimwemerera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Icyizere Cy’Uko Ukraine Izatsinda Intambara Irwana N’Uburusiya Ni Gike

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubuzima

Rwanda: Ibicurane Byakuye Bamwe Umutima, Minisanté Irahumuriza Abantu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?