Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bimwe mu bibazo abaturage bifuza ko Perezida Kagame yaza kubasubiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bimwe mu bibazo abaturage bifuza ko Perezida Kagame yaza kubasubiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2020 10:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taarifa yagereye abaturage ibabaza icyo bumva babaza Perezida Kagame mu kiganiro ari buhe Abanyarwanda kuri uyu wa Mbere taliki 21, Ukuboza, 2020. Iki kiganiro kiratangira saa saaba zuzuye(1h00pm).

Umugore witwa Kamaziga avuga ko ikintu yumva yabaza Perezida Kagame ari ukumenya niba abona ibintu bizongera bigasubira mu buryo nk’uko byahoze mbere ya COVID-19.

Ati: “ Ese Perezida wacu abona ibintu bizasubira uko byahoze, tukongera tukagira ubuzima bwiza nka mbere cyangwa abona tugomba kwiga kubana n’ibi bibazo?”

Avuga ko ikindi yamubaza ari ukumenya niba yatanga ikizere ko umubano w’u Rwanda na Uganda uzongera ukaba mwiza, abantu bagahahirana  kuko ngo hari ibintu bitagipfa kuboneka ku isoko ry’u Rwanda kuko byavaga muri Uganda.

Rwomushana Dominique atuye mu Karere ka Gasabo.  Avuga ko icyo yasaba Perezida Kagame ari uko yazasaba abakora mu nzego z’ubutabera ndetse n’abakora amategeko bakegera abaturage bakabasobanurira amategeko cyane cyane afite aho ahuriye n’ubutaka ndetse n’imitungo n’izungura.

Ati: “ Mu by’ukuri numva nasaba Umukuru w’Igihugu ko yazasaba abakora mu butabera bakegera abaturage bakabasobanurira iby’ubutaka kuko nasanze abenshi batabizi bigatuma bajya mu byaha birimo no kwicana bayipfa.”

Ikindi avuga yabaza Perezida Kagame ni icyo abona kigomba gukorwa kugira abayobozi bo mu nzego z’ibanze barusheho kwegera no gukorera abaturage.

Kuri we ngo abenshi barikorera kurusha uko bakorera abaturage bityo bigatuma bahabwa serivisi nabi.

Bikorimana aba mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho.

We avuga ko yabaza Perezida Kagame icyo ateganyiriza abarimu kugira ngo ubuzima bwabo bube bwiza kuko ngo bukomeje kuba bubi kandi barerera igihugu.

Ati: “ Namubaza icyo ateganyiriza mwarimu kuko akomeje kubaho nabi kandi arerera u Rwanda”

Thierry Ndekwe atuye mu karere ka Nyabihu. Avuga ko icyo yabaza Perezida Kagame ari ukumenya niba  asanga nta bikwiye guhindurwa mu mirongo igize Icyerekezo 2050 kugira ngo bihuzwe n’ibihe u Rwanda rurimo rwatewe na COVID-19.

Asaba Perezida Kagame ko yazafasha abanyeshuri n’abarimu kuba muba mbere bazakingirwa COVID-19 kugira ngo bazakomeze bige, batazongera gutakaza undi mwaka w’amashuri.

Wowe ni iki wabaza Perezida Kagame cyangwa ni iki wifuza ko yazakorera Abanyarwanda mu mwaka utaha?

TAGGED:AbaturageAmashuriCOVID-19featuredKagameUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Abasirikare ba Uganda ‘baravugwaho’ gutema Umunyarwanda
Next Article Icyumweru dutangiye si icya ‘House Parties’-CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?