Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bishyuye Frw 7000 Ngo Coaster Ibageze I Musanze Bafatirwa I Kanyinya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bishyuye Frw 7000 Ngo Coaster Ibageze I Musanze Bafatirwa I Kanyinya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2021 7:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru gishize, ku wa Gatandatu tariki ya 03 Nyakanga, 2021, Coaster yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kanyinya irimo abagenzi batanu bavuye kuri Stade ya Kigali i  Nyamirambo bagiye mu Karere ka Musanze. Umushoferi yari yishe amabwiriza arimo na ‘Guma mu Karere.’

Uretse kuba yari yishe ariya mabwiriza, umushoferi yari yahemukiye bariya bagenzi kuko buri wese muri bo yagombaga kumwishyura Frw 7000 kandi ubusanzwe kugera i Musanze bitarenga Frw 2100.

Umwe muri bariya bagenzi yabwiye abapolisi ko we na bagenzi be( harimo n’umugore we) baje i Kigali  ku itariki ya 21 Kamena, 2021 baje gucuruza imbabura zikorwa mu mabuye nk’uko bisanzwe mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma batunguwe no kumva itangazo ko nta muntu wemerewe kurenga Akarere ajya mu kandi babura uko basubirayo niko kuguma muri Kigali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hagati aho baje kumva andi makuru…

Uyu mugenzi yakomeje agira ati: “Twaje kumva amakuru ko hari imodoka zirimo gutwara abanyeshuri zibakura ku bigo bigaho kandi ko  iziza i Kigali zibageza kuri Stade ya Nyamirambo niko kujyayo ngo turebe ko twabona ubufasha bwo kugera iwacu. Ubwo nibwo twahageze shoferi w’iriya modoka adusanga aho twari duhagaze atubaza abantu bashaka kujya i Musanze tumubwira ko tujyayo aduca Frw 10000  tumubwira ko ntayo dufite nyuma twumvikana ko buri umwe amwishyura Frw 7000.”

Undi mugenzi bafatanywe yavuze ko shOferi mu nzira yagendaga ahamagara abagenzi bajya i Musanze bakinjira mu modoka.

Bariya bagenzi basabye imbabazi bavuga ko batazongera kurenga ku mabwiriza ya Leta kandi bagira inama bagenzi babo yo kudahirahira ngo bice amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo na Guma mu Karere.

Umushoferi we yavuze ko asanzwe akorera mu Mujyi wa Musanze, avuga ko yageze kuri Stade ya Kigali i  Nyamirambo azanye abanyeshuri bo mu ishuri rya IPRC Nyakinama agahita yigira inama yo gushaka abagenzi asubirana yo.

- Advertisement -

Ati: “Naturutse i Musanze ngeze kuri Stade nzanye abo banyeshuri bamaze kuvamo nashyizemo Theodore kuko we dusanzwe tuziranye. Twari twanavuganye ko ndibuhamusange nkamugeza i Musanze. Nyuma nibwo naje kubona n’abo bandi bajyayo nabo ndabatwara. Muby’ukuri narenze ku mabwiriza nyazi cyane ko niyumvishaga ko nta kibazo ndibuhure nacyo mu nzira kuko nabonaga ari bake.”

Yagiriye inama abashoferi bakora cyangwa batekereza gukora nk’ibyo yakoze, ko babyirinda kuko bazafatwa bakabihanirwa ahubwo ko bakurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Ngo si we gusa wabikoze…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko iyo modoka yafashwe n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ubwo yari igeze aho Akarere ka Nyarugenge gahanira imbibi n’Akarere ka Rulindo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera asaba abantu kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda COVID-19

Yagize ati “Kuva amabwiriza yasohoka avuga ko ingendo zitemewe hagati y’Uturere twagiye tubona amakuru y’abantu barenga kuri ayo mabwiriza bagatwara abantu mu tundi turere ariko kubera imikoranire myiza dufitanye n’abaturage bakaduha amakuru bamwe tukabafata. Uyu mushoferi nawe yazanye abanyeshuri mu gusubirayo atwara abantu bitemewe, arenga ku mabwiriza nkana.”

CP Kabera yavuze ko mbere y’uko ayo mabwiriza ashyirwa mu bikorwa hatanzwe umunsi umwe ngo abantu bisuganye bagere aho bagombye kuba bari ariko harimo abatarabyubahirije.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagiriye inama abaturarwanda muri rusange ko umuntu wese uzakomeza kurenga kuri aya mabwiriza akeka ko Polisi idahari, agomba kumenya ko abaturage bahari kandi ko azafatwa agahanwa,

Ngo ibyiza ni uko buri wese yakurikiza amabwiriza yose uko yakabaye.

TAGGED:AbapolisifeaturedKaberaKigaliMusanzeNyamiramboPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Leta Z’Afurika’ Zishyura Abacanshuro Bica Abaturage Bazo
Next Article Tariki 04, Nyakanga Irihariye Ku Banyarwanda N’Abanyamerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?