Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BK Irashaka Gukorera Byose Mu Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BK Irashaka Gukorera Byose Mu Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2023 12:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) buvuga ko hari gahunda y’uko ibikorwa byose itangamo serivisi bizaba byashyizwe mu ikoranabuhanga mu myaka ibiri imbere. Intego ni uko ukorohereza abakiliya bayo.

Buvuga ko iyi banki yashoye menshi mu bikorwaremezo by’ikoranabuhanga n’ibikoresho bijyanye naryo kandi rigezweho.

Imibare itangwa n’iki kigo ivuga ko 70% by’abakiliya bayo ari bo bakoresha serivisi zayo mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko ngo intego ni uko bagera kuri 90% ya serivisi zitangirwa ku ikoranabuhanga ku bakiliya bayo bose.

Umuyobozi mukuru wa BK, Dr. Diane Karusisi abivugaho ibi bikurikira:

Ati: “ Bidufasha gutanga serivisi tutavuye aho turi, bikanafasha abantu kubona serivisi ku mbuga zacu babyikoreye, kandi bizadufasha kwaguka tutagombye kubanza gufungura andi mashami cyangwa se ngo twongere umubare w’abakozi”.

Avuga ko bitarenze umwaka wa 2025, serivisi zose zizaba zageze mu ikoranabuhanga rigezweho, ku buryo umuntu azajya aba ashobora kugura imigabane ku isoko ry’imigabane, akagura ubwishingizi n’izindi serivisi kuri interineti.

Dr.Karusisi yagaragarije ibyo BK iteganya mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga ubwo yagaragazaga uko BK Group Plc yungutse mu mezi icyenda y’umwaka wa 2023.

Yatangaje ko yungutse Miliyari Frw 55.1, ni ukuvuga ko inyungu yabonye yazamutseho  26% ugereranyije n’inyungu yabonye mu mezi nk’ayo mu mwaka ushize(2022).

Anita Umuhire ushinzwe imari muri BK yasobanuye ko kuba banki yarakoze neza byashingiye ahanini ku mpamvu eshatu z’ingenzi.

Izo ni inyungu isanzwe ya banki ndetse n’inyungu yagize ituruka mu buryo bwo guhererekanya amafaranga ndetse no ku mikoranire ya banki ya Kigali n’izindi banki.

Dr.Karusisi yavuze ko Banki ya Kigali ifite intego yo kuzageza ku nyungu ya Miliyari Frw 70 muri iki gihembwe cya kane cy’umwaka kizarangira mu kwezi k’Ukuboza 2023.

Avuga ko yizera ko ikigo ayobora kiri mu nzira nziza yo kugera ku ntego zacyo.

Umuyobozi mukuru wa BK Group, Béata U. Habyarimana avuga ko n’andi mashami yibumbiye muri BK yagaragaje kuzamura umusaruro, harimo ‘BK General insurance’ (16%), ‘BK Insurance’ (26%) ndetse na ‘BKTecHouse’ 22% .

Yavuze ko kuba ibiciro ku isoko bizamuka n’ishoramari rikaba rigenda rizamuka mu Karere, bizafasha BK gukomeza kuyobora mu bijyanye n’ubucuruzi na bizinesi.

Habyarimana yavuze ko Banki ya Kigali ifite na gahunda yo gufasha abakora ubuhinzi mu buryo bugezweho binyuze mu ikoranabuhanga, bafashwa kubona ibikoresho bigezweho bikoreshwa mu kuhira, ubwishingizi bw’ibihingwa kugira ngo abahinzi barindwe igihombo bashobora guterwa n’imihindagurikire y’ikirere.

Yunzemo  ko BK izafata iya mbere mu gushora mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije, imibereho myiza n’imiyoborere myiza (Environmental, Social, and Governance – ESG), yizera ko BK izaba ibaye mu bambere bashora imari muri urwo rwego.

TAGGED:BKfeaturedHabyarimanaIkoranabuhangaImariKarusisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Dubai Perezida Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Bakomeye Batandukanye
Next Article Namibia Nticyohereje Abasirikare Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?