Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Boeing Irashaka Kwigarurira Isoko Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Boeing Irashaka Kwigarurira Isoko Muri Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2022 5:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bitarenze umwaka wa 2040, ikigo cy’Abanyamerika gitwara abantu n’ibintu mu kirere kitwa Boeing kivuga ko kizaba gikoresha indege nshya 1,010, zifite agaciro ka Miliyari $176. Intego ni ugushaka amasoko henshi muri Afurika.

Kubera ko Afurika iri gutera imbere mu bucuruzi bukoresha inzira y’ikirere kandi ibi biyiha amahirwe yo kuba ahantu ibigo binini mu bucuruzi bukoresha ubwikorezi bwo mu kirere byifuza gukorera.

Imibare igaragaza ko ubucuruzi hagati y’ibihugu by’Afurika bwazamutse ku kigero cya 6.1%.

Ni imibare itangwa mu bushakashatsi bwakozwe na Boeing.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo kugeza ubu imibare yerekana ko u Burayi ari bwo bukorerwamo ingendo nyinshi z’indege, ariko ngo ikigaragara n’uko imibare yo ku ruhande rw’Afurika nayo yiyongera.

Biteganyijwe ko iyo mibare izakomeza kuzamuka ndetse ngo kugeza ubu ubwikorezi bw’abantu n’ibintu bukoresha ikirere buhagaze neza muri Afurika.

Ikigo Boeing cyasohoye raporo kise 2022 Commercial Market Outlook (CMO) ikaba ikubiyemo imibare yerekana ibyo cyagezeho ndetse na gahunda z’igihe kirekire giteganya.

Handitsemo ko imibare yerekanwa n’ibindi bigo bishinzwe gucunga uko iby’ubwikorezi bwo mu kirere bukorwa, ivuga ko nyuma y’uko inkingo za COVID-19 zigeze muri Afurika abantu biganjemo abakora ubukerarugendo bagakingirwa, byatumye abasura uyu mugabane biyongera.

Imibare y’abashakashatsi b’iki kigo cy’Abanyamerika ivuga ko ingendo zikoresha indege ziza cyangwa ziva muri Afurika zamaze kuzanzamuka ku kigero cya 80% by’uko byahoze mbere ya COVID-19.

- Advertisement -

 Ikindi giha Afurika amahirwe yo kuba ahantu hakurura abatanga serivisi zo gutwara abantu n’ibintu mu kirere ni uko afite n’ahantu henshi hari kuba umujyi.

Kugeza ubu impuzandego y’iterambere ry’ubukungu bw’Afurika ni 3.1%.

Kuba haherutse gutangizwa isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika nabyo biyiha andi mahirwe yo kuba ahandi abashoramari na ba mukerarugendo bayoboka.

Umuyobozi ushinzwe iby’ubucuruzi muri Boeing witwa Randy Heisey avuga ko Afurika ari ahantu nabo batagomba kwirengagiza.

Ati: “Indege z’Afurika zifite amahirwe kubera imikoranire mishya isigaye hagati y’ibihugu bigize uyu mugabane. Ni imikoranire ifasha mu bucuruzi bushingiye ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibintu hakoreshejwe inzira zitandukanye harimo n’ica mu kirere.”

Uyu muyobozi avuga ko bateganya kuzazamura umubare w’indege za Boeing ziri mu rwego rwa Boeing 737 MAX.

Ingendo z’iki kigo biteganyijwe ko ziziyongeraho 5.2%  ku mwaka.

Indege nto bita ‘single-aisle’ ngo ziziyongeraho 70% binyuze mu kuzongeraho indege 740 zizakora mu guhuza ibihugu bituranye n’ibindi bititaruye cyane.

Ikindi ni uko hari izindi ndege nini bita ‘widebodies’ zigera kuri 250 biteganyijwe ko kiriya kigo kizashyira mu bwikorezi bwo mu kirere.

Biteganyijwe kandi ko hari izindi ndege zishaje zizasimburwa.

Imibare y’agateganyo yasohowe muri raporo ya Boeing ivuga ko mu myaka  itari myinshi cyane iri imbere, indege zizakenera abapiloti 20,000, abatekinisiye 21,000, abashinzwe kuzitaho bagera ku 26,000.

Muri rusange ngo hari abantu bazahabwa akazi n’ibigo bikora mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu ndege bagera ku 67,000.

Kwita ku ndege ni ukuvuga kuzikora, kuzisana n’ibindi zikenera kugira ngo zikore neza biteganyijwe ko bizatwara Miliyari $80.

Indege za Boeing na  serivisi z’iki kigo zikorera mu bihugu 150 hirya no hino ku isi.

Uyu mugambi wa Boeing utangajwe nyuma y’uko mu Rwanda haherutse kubera inama mpuzamahanga y’ibigo bitwara abantu n’ibintu mu kirere.

Mu ijambo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abayitabiriye, yavuze ko n’ubwo COVID-19 yakomye mu nkokora iby’ubwikorezi muri rusange n’ubwo mu kirere by’umwihariko, ko muri iki gihe ibintu biri gusubira mu buryo gahoro gahoro.

Yasabye ibihugu byasinye amasezerano yo gufungurirana ikirere ko byatangira kuyashyira mu bikorwa kugira ngo intego zayo zizagerwaho.

Ikindi kiyongera ho ni uko u Rwanda ruzungukira muri ubu bucuruzi kubera ko ruri kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege kizaba icy’ikitegererezo muri Afurika y’i Burasirazuba.

Kiri kubakwa mu Karere ka Bugesera.

TAGGED:AfurikaAmerikaBoeingfeaturedIndege
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Urwego Rwo Kwishyurana Hakoreshejwe Ikoranabuhanga Rugeze Ku 111.4%
Next Article Shikama W’Ahitwa “Bannyahe” Yagejejwe Imbere Y’Urukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?