Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyeshyamba Zagabye Igitero Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inyeshyamba Zagabye Igitero Muri Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2021 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu bivugwa ko baturutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo baraye baherutse kugaba igitero ku barobyi bo muri Uganda mu Ntara ya Hoima hafi y’Ikiyaga cya Albert. Bafashe bunyago abarobyi 16.

Abo barwanyi batwaye bunyago kandi ubwato bune, n’ubundi bubiri bifite moteri n’izindi ndobani

Umuyobozi muri kariya gace witwa Fred Mujuni avuga ko  bariya barwanyi baguye gitumo abarobyi, babategeka gushyira ibyo bari bafite hasi, barabashorera barabajyana, ibikoresho byabo barabisahura.

Ubu Polisi ya Uganda iri gushakisha uko yabohoza abaturage ba Uganda bashimuswe n’abantu baturutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.

Umuvugizi wayo muri kariya gace witwa Julius Hakiza yagize ati: “ Twahageze dutinze, dusanga abaturage bacu bamaze gushimutwa ariko turi gukora uko dushoboye ngo tubabohoze.”

Hakiza avuga ko bamwe mu barobyi bashimuswe harimo abitwa Richard Okethwengu, Philemon Kazingufu  na Asaba Sirius. 

N’ubwo Polisi ya Uganda ivuga ko iri gushakisha aho bariya baturage baba barashyizwe, ariko yemeza ko itazi neza aho baherereye.

Ikiyaga cya Albert kigabanya Uganda na DRC

Ikindi kivugwa n’abayobozi ba kariya gace ni uko atari ubwa mbere abantu baturuka muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo bakaza gushimuta abaturage ba Uganda no kubasahura ibyabo.

Iki kibazo kandi ngo cyagejejwe imbere ya Perezida Museveni ngo acyigeho.

Repubulika ya Demukarasi ya Kongo na Uganda bishinjanya ko buri gihugu kirengera imbibe zikigabanya n’ikindi mu kiyaga cya Albert kikaza kuroba mu mazi y’ikindi.

Mu Ukwakira, 2020 hari ikindi gitero cyagabwe n’abantu baturutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo basanga abarobyi bo muri Uganda mu kiyaga cya Albert babashimutamo abandi 16, babanyaga ubwato 20 budafite moteri n’ubundi 20 buzifite.

Hari mu Ntara ya Kikuube.

TAGGED:AbarobyifeaturedIntwaroPolisiRepubulikaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sarkozy Arasubira Mu Rukiko
Next Article MicroSoft Igiye Gufasha Abakobwa B’Africa Kongera Ubumenyi Mu Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?