Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Brazil: Hadutse Ibicurane By’Ibiguruka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Brazil: Hadutse Ibicurane By’Ibiguruka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2023 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ya Brazil yatangaje ko hadutse ibicurane by’ibiguruka ariko ko kugeza ubu biri mu nyoni z’agasozi. Ibi bicurane birandura cyane, abahanga bakaba barabihaye izina ryaHighly Pathogenic Avian Influenza (HPAI).

Brazil ni icyo gihugu cya mbere ku isi cyoherereza amahanga inyama z’ibikomoka ku biguruka  ni ukuvuga inkoko, dindon, imbata n’ibishuhe.

Kuri uyu wa Mbere taliki 15, Gicurasi, 2023 nibwo abayobozi muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi batangaje ko hari inshuro ebyiri babonyemo ibiguruka byo mu gasozi byishwe na biriya bicurane.

Ibicurane by’ibiguruka bica hafi ibiguruka byose byafashwe.

Urupfu rw’ibiguruka rugira ingaruka ku musaruro kubera ko ibiguruka bigira uruhare rufatika mu kubangurira ibimera bitanga ibiribwa ku bantu no ku matungo.

Ikigo mpuzamahanga cy’ubucuruzi, WEF, kivuga ko Brazil itanga inyama nyinshi z’ibikomoka ku biguruka zicuruzwa ku isoko mpuzamahanga kurusha ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.

Mu mwaka wa 2022, izi nyama ziyongereyeho 27%, bituma Brazil ihasarurira miliyari $9.76.

Uyu musaruro waterwaga ahanini n’uko nta bicurane by’ibiguruka byaherukaga kuvugwa muri kiriya gihugu cya Lula Da Silva.

Brazil niyo ya mbere igurisha ibikomoka ku biguruka byinshi ku isi. Na n’ubu iracyari iya mbere.

Guverinoma ya Brazil yatangaje ko yashyizeho uburyo bwo gukurikiranira hafi ibya biriya bicurane kugira bidakwira n’ahandi, ndetse bikaba byagera no mu biguruka byororwa n’abaturage.

Umuyobozi w’ikigo cya Brazil kigurisha ibikomoka ku biguruka byororwa witwa Miguel Gularte avuga ko we n’abakozi be bamaze kwitegura iby’iriya ndwara, ubu bikwije ku miti n’ibindi byabafasha guhangana nayo.

Ikigo ayobora kitwa BRF kikaba ari cyo cya mbere gikora buriya bucuruzi kurusha ibindi ku isi.

Ibihugu Brazil yoherereza ibikomoka ku biguruka ni Ubushinwa, Ubuyapani, Afurika y’Epfo na Arabie Saoudite.

Reuters yanditse ko abahanga ba OMS/WHO bavuga ko n’ubwo biriya bicurane bishobora kuva ku biguruka bikanduza abantu, ariko ibyo bishoboka gake cyane.

Abahanga mu bucuzi bahaye ibi bicurane izina rya  H5N1.

TAGGED:BrazilIbicuraneIbigurukaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na DRC Congo Bemeranyije Kuri ‘Ejo Hazaza’ H’Impunzi
Next Article Hari Ba Ambasaderi B’u Rwanda Bafite Imodoka Zishaje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?