Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BRD Yahembwe Ku Rwego Mpuzamahanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BRD Yahembwe Ku Rwego Mpuzamahanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 February 2024 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Banki nyarwanda itsura amajyambere, BRD, yatsindiye igihembo cy’uko itanga inguzanyo nziza zo kurengera ibidukikije. Yanahembewe kandi kugurisha impapuro mpeshwamwenda.

Iki gihembo cy’uwatanze impapuro mpeshamwenda w’umwaka, ESG Bond Deal of the Year, yagihawe taliki 16, Gashyantare, 2024, mu nama ngarukamwaka ihuza abayobozi bakuru b’amabanki, ibigo by’ishoramari n’abayobozi b’ibigo bigenzura amasoko y’imari n’imigabane muri Afurika.

Muri Nzeri 2023, BRD yashyize ku isoko impapuro mpeshamwenda zifite agaciro ka miliyari Frw 30 z’abashoramari ku isoko ry’u Rwanda cyane cyane amabanki, ibigo bw’ubwizigamire n’ibindi.

Mu gihe cy’ibyumweru bibiri iyi banki yari yihaye yageze ku ntego zayo iranazirenza.

64% by’abaguze izi mpapuro mpeshamwenda ni amabanki y’ubucuruzi n’ibigo by’ubwiteganyirize, irindi janisha risigaye rigizwe n’ibindi bigo binini by’ubucuruzi n’ishoramari.

Ikigo cyahaye BRD iki gihembo, GFC Media Group, gishimira abahanze udushya, ababaye indashyikirwa n’abiyemeje guteza imbere urwego rw’imari mu isi.

Ibirori nyirizina byo kwishimira ibi bihembo bikaza taliki 6, Werurwe, 2024, i Cape Town muri Afurika y’Epfo.

BRD yahembewe umuhati wayo mu guharanira guhanga udushya n’iterambere rirambye ry’isoko ry’imari.

Impapuro mpeshwamwenda za BRD zizamara imyaka irindwi, uwaziguze akazajya ahabwa inyungu ya 12,85% buri mwaka.

½ cy’iyo nyungu azajya azihabwa buri mezi atandatu, bikorwe mu gihe cy’imyaka irindwi.

Iki gihembo kizahabwa u BRD ku mugaragaro muri Werurwe, 2024

Kuba zarashyizwe ku isoko ry’imari n’imigabane ni igihamya cy’uko BRD ikomeye ku ntego yo guteza imbere imishinga yo kurengera ibidukikije, imibereho myiza n’imiyoborere mu bigo by’imari, hongerwa inguzanyo zihabwa ibigo by’ubucuruzi biyobowe n’abagore no gutanga amacumbi aciriritse.

Itangazo ry’iki kigo rivuga ko impapuro mpeshwamwenda ari ubundi buryo bw’ishoramari rinini rikorwa ku mishinga izamura ubukungu bw’u Rwanda no kuri gahunda zo kurengera ibidukikije.

Iri tangazo ryo ku wa 16, Gashyantare, 2024 rigira riti: “Intego za BRD mu gushaka abashoramari bigenga bakora ishoramari mu buryo burambye zizazamura urwego rw’ibindi bigo by’imari mu karere.”

Ubuyobozi bwa BRD bwashimiye abafatanyabikorwa babwo ku ruhare bagize kandi bakigira muri uru rugendo rugamije impinduka.

TAGGED:BankiBRDfeaturedIgihemboImpapuroRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Goma: Ingabo Za DRC Zasubiranyemo Na Wazalendo
Next Article Kepler BBC Ya Aristide Wahoze Muri Patriots Bwa Mbere Yatsinze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?