Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bruce Melodie Yeretse Abarundi Ko Ashoboye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Bruce Melodie Yeretse Abarundi Ko Ashoboye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2022 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma ya rwaserera yatejwe n’umukire w’i Burundi wamushyitse ku nkenke ngo amwishyure amafaranga undi akayamuha ari ntanyurwe, akamwaka andi kandi mu buriganya, umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie yakoze ibitaramo bye kandi biritabirwa mu buryo bugaragara.

Amafoto y’uko byagenze, yerekana abafana b’uyu muhanzi b’i Burundi  bishimiye indirimbo ze zirima izamamaye kurusha izindi.

Kuri Instagram, Bruce Melodie yashimiye Abarundi bamweretse urukundo bakitabira igitaramo cye ndetse ngo uburyo bitabiriye burenze ubwo yari yiteze.

Icyakora mu kurangiza ubutumwa bwe, Bruce Melodie yakoresheje abahanga muri Filozofiya ya Politiki bakoresha bashaka gusobanura ko iyo intego igamijwe kugerwaho ari nziza uburyo bwose bwakoreshwa ngo igerweho ziba zemewe niyo zaba ari mbi.

Interuro igira iti: “ The End Justifies The Means”

View this post on Instagram

A post shared by Bruce Melodie Igitangaza (@brucemelodie)

Mu rwego rwo kumushimira, hari n’umunyabugeni wamuhaye igishushanyo yashushanyijeho isura ya Bruce Melodie.

 

Baramwishimiye baranabimwereka

Icyakora byasaga n’aho gutaramira Abarundi byari bitagishobotse kuri Bruce Melodie wamaze hafi iminsi itatu aburabuzwa n’umushoramari witwa Toussaint Bankuwiha wamuteje Polisi ngo imufunge kubera ko yamwambuye.

Byaje kurangira afunguwe ahita ajya kwitegura gutaramira Abarundi mu gitaramo cyabereye ahitwa Zion Beach.

Mu mvugo yo kwishimira ko arekuwe, yabwiye abafana be ko  burya ‘ntacyabuza impala gucuranga.

Ibihumbi $2  yashinjaga Bruce Melodie kumwambura yarabimuhaye, ariko undi ntiyashirwa avuga ko igihe cyose gishize atamwishyura, cyamuhombeje, bituma ayo mafaranga akubwamo Miliyoni nyinshi z’amafaranga y’u Burundi.

Bruce Melodie yavuye muri Gereza y’u Burundi yishyuye Miliyoni 60 Fbu zose hamwe.

Nyuma y’ibiganiro byagizwemo uruhare n’ibihugu byombi k’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu Bruce Melodie nibwo yafunguwe.

Abakunda umuziki bari baje kureba uwo muhanzi waciye ibintu
Baharaniraga gusigarana agafoto n’agashusho
Kubaririmbira byabanje kugorana kubera uwamushinjaga kumwambura akamuteza Polisi
Yacurangiwe na Symphony Band na DJ Brianne
TAGGED:BurundifeaturedIndirimboMelodiePolisiiRwandaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nobelia Tower: Inzu Yihariye Ibungabunga Ibidukikije Iri Kubakwa i Kigali
Next Article Mu Nshingano Z’Abana Harimo Gukunda Igihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?