Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Bashinja Gitifu Gukubita Umuturage Bikamuviramo Urupfu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bugesera: Bashinja Gitifu Gukubita Umuturage Bikamuviramo Urupfu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2022 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Juru uri mu Karere ka Bugesera abaturage bavuga ko hari umwe muri bo bakubiswe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge none izo nkoni zamuviriyemo urupfu. Uwapfuye yitwa Olivier Harerimana.

Umurenge wa Juru mu Karere ka Bugesera.

Gitifu uvugwaho ruriya rugomo yitwa Kadafi  Aimable

Mu majwi Taarifa ifite humvikanamo abaturage basaba inzego z’ubugenzacyaha gukurikirana gitifu.

Hari aho bagira bati: “Turasaba ko umuyobozi wacu w’Umurenge Kadafi yahanwa, tugahabwa ubutabera araturembeje n’inkoni.  Aherutse gukubita umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 witwa Harerima Olivier, twaramushyinguye yarashizemo amenyo kubera inkoni.”

Banasabye ko abana basizwe na nyakwigendera bakwitabwaho n’uriya mugabo akajya akatwa amafaranga yo kwita ku mfubyi za nyakwigendera.

Abaturage beretse TV 1 ibikomere bavuga ko  batewe n’inkoni za Gitifu Kadafi.

Bavuga ko yabakubise mu bihe bitandukanye bagiye ku Biro bye kwaka serivisi.

Hari umugabo uvuga ko kwa muganga bamushyizemo agapira ko kumufasha kiwhagarika kubera ko impyiko ze zangijwe n’inkoni za gitifu.

Yatangaje ko yakubitiwe igihe kimwe na nyakwigendera Harerimana.

Gitifu we arabihakana.

Kadafi Aimable avuga ko iyo umuntu apfuye havugwa byinshi.

Ati: “Iyo umuntu apfuye bavuga byinshi, ntabwo nakubita abaturage nshinzwe, ibyo bavuga n’amarangamutima yabo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Richard Mutabazi ntiyitabye itangazamakuru ngo agire icyo avuga kuri iyo myitwarire abaturage bashinja umwe mu bayobozi ashinzwe kugenzura.

Ntiyitabye Taarifa cyangwa bagenzi bacu ba TV 1 .

Meya Mutabazi ntiyitabye ngo agire icyo avuga ku kirego gikomeye abaturage barega Gitifu w’Umurenge wa Juru

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuga ko umuntu wabo Gitifu yamutwaye ari muzima.

Kugeza ubu Akarere ka Bugesera kari mu Turere twa mbere tugaragamo urugomo kurusha utundi mu Rwanda.

Ni ibikubiye mu biherutse gutangazwa na RIB.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi aherutse  kwibutsa abayobozi ko bagomba gukomeza guharanira ko abaturage babona serivisi nziza, ntibarenganywe binyuze ‘mu buryo bwose’

Yababwiye ko bakwiye kuba intangarugero mu ngo zabo kuko bigoye ko Umuyobozi ufite amakimbirane mu rugo rwe yajya kuganiriza abandi bafite ibibazo k’ibye cyangwa birenze ibye mu ngo zabo.

TAGGED:AbaturageBugeserafeaturedGitifuJuruMeyaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Tuzi Aho Twavuye N’Aho Tugana, Ibi Tugomba Kubizirikana Iteka-Kagame
Next Article Abakunda Umupira W’Amaguru Canal +Yongeye Yabashyize Igorora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?