Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Igitaramo ‘MTN Iwacu Muzika’ Cyahagaritswe Melodie Ataririmbye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Bugesera: Igitaramo ‘MTN Iwacu Muzika’ Cyahagaritswe Melodie Ataririmbye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 9:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuhanzi Bruce Melodie yahawe iminota mike ngo agire ibyo aririmbira abafana( Ifoto@ IGIHE)
SHARE

Imvura nyinshi yaraye itumye ubuyobozi bwateguye igitaramo MTN Iwacu Muzika Festival bwanzura ko icyaberaga mu Karere ka Bugesera gihagarara Bruce Melodie ataririmbye. Bwasezeranyije abanya Bugesera ko umwaka utaha bazabavamo uwo mwenda!

Yari imvura irimo umuyaga, kandi nyinshi ku buryo abantu, baba abahanzi n’abafana, batari buyihanganire.

Saa munani z’amanywa nibwo cyari gitangiye kubera mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Icyakora imvura yaguye hari abahanzi bari bamaze gutangira gushimisha abafana barimo Ruti Joel.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ruti akigera ku rubyiniro imvura yaguye abantu bajya kugama ariko iza kugenza amaguru make baraguruka.

Umuraperi Bushali niwe wakurikiyeho ararapa biratinda ariko abafana be batinya gusubira mu kibuga ari benshi kuko bikangaga imvura.

Kubera iyo mpamvu kandi, abahanzi basabwe kugabanya iminota bamara baririmba kuko bikangaga ko imvura ishobora kongera kuba kidobya.

Bushali yahamaze iminota 20 akurikirwa na Danny Nanone.

Danny imvura yahise yongera iramanuka, ariko isanga hari iminota myinshi yari arangije gukoresha muri 20 yari yahawe.

- Advertisement -

Icyakora nayo ntiyatinze iragabanuka.

Nyuma ye haje Bwiza nawe araririmba biraryoha.

Nyuma ye, abashyushyarugamba( MCs)  Buryohe na Bianca bahise bahamagara Chriss Eazy ngo akurikireho.

Eazy ntiyorohewe n’imvura kuko yari imaze kuba nyinshi ariko akomeza gutwaza ngo arebe ko iminoata ye yarangira kandi n’abakunzi be banze kumutererana.

Umuhanzi wagombaga gusoza igitaramo ni Bruce Melodie.

Ubwo yiteguraga kujya gushyushya abantu bari bamaze igihe bamutegereje, imvura yiyongereye ku buryo byabaye ngombwa ko abateguye iki gitaramo bagihagarika.

Melodie yaje gusaba ko yahangara iyo mvura byibura akaririmbira abakunzi be  uduce duto tugize indirimbo ze kandi yabikoze.

Yahise ataha kuko ikirere kitari kimumereye neza.

Mushyoma Joseph  uyobora East Africa Promoters itegura kiriya gitaramo yabwiye abanyamakuru ko umuyaga n’imvura nyinshi ari byo byatumye biyemeza guhagarika iki gitaramo mu nyungu z’abantu bose bari hariya.

Yahamije ko ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika by’umwaka utaha bizaba mu mpeshyi ya 2025 bazakora ibishoboka byose bikagera i Nyamata mu rwego rwo kuvamo ideni abakunzi b’umuziki bari bitabiriye icy’uyu munsi.

TAGGED:BruceBugeseraImvuraMelodieUmuyaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Cyo Ku Rwego Rw’Isi Kigisha Umukino W’Igare
Next Article Haribazwa Impamvu Cinema Nyarwanda Itarema Aba Stars Bashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?