Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bukavu: Abaturage Bashinja Ingabo Na Wazalendo Kubakorera Ibya Mfura Mbi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Bukavu: Abaturage Bashinja Ingabo Na Wazalendo Kubakorera Ibya Mfura Mbi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2025 5:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bamwe mu basirikare ba DRC(Ifoto: Africanews.com)
SHARE

Abatuye Umujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo bavuga ko ingabo za DRC zifatanya n’abo muri Wazalendo kubakorera amarorerwa. Bavuga ko bibwa, abagore bagafatwa ku ngufu hakaba nabicwa kandi bikozwe n’ingabo z’igihugu.

Ako gahinda kari mu byatumye bigaragambya bamagana ibyo bakorerwa n’abantu basanganywe inshingano zo kubarinda.

Bijya gucika byatangiye kuwa Gatanu tariki 07, Gashyantare, 2025 ubwo izo ngabo zafatanyaga na Wazalendo gucucura abatuye teritwari ya Kabare ndetse bakicamo abantu barindwi.

Ni ibyatangajwe na Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo witwa Jean-Jacques Purusi.

Uwo mubare ariko si wo utangazwa na Sosiyete sivile yo muri ako gace kuko yo ivuga ko hishwe abaturage icyenda.

Urwo rugomo kandi bwaracyeke rugera mu Mujyi wa Bukavu aho abo bagizi ba nabi basahuye amaduka y’abacuruzi bakomeye banirara mu masoko yari yaremye muri icyo gice.

Abatuye ibyo bice bavuga ko ingabo za DRC n’abo muri Wazalendo ari bo bava ku rugamba bari kurwana na M23 bakaza kubiba kugira ngo babone icyo kurya, imyambaro n’imiti.

Mu rwego rwo gutakambira ubuyobozi, bagiye kwigaragambiriza imbere y’Ibiro bya Guverineri bamusaba kugira icyo akora kugira ngo urugomo bakorerwa ruhagarare.

Guverineri Purusi yamaganye ibikorwa n’izo ngabo na Wazalendo, ahita atangaza ko hatangijwe iperereza ngo hamenyekane uko ibintu byose byagenze, ababikoze bazagezwe mu butabera.

Guverineri Purusi yagize ati: “ Turahumuriza abaturage tubamenyesha ko hari itsinda ryashyizweho ngo rikurikirane ibyo byose. Abo bizagaragara ko babigizemo uruhare bazakurikiranwa byanze bikunze”.

Hagati aho, abayobozi bo mu gace byabereyemo bavuga ko igikwiye ari uko abasirikare bava hafi aho.

Umuyobozi w’abatuye Umudugudu wa Kabare witwa Master Pascal Mupenda yagize ati: “ Kuki abasirikare bari bakwiye kuba baturinda ari bo badukorera ibya mfura mbi? Nta musirikare n’umwe muri bo dushaka inaha”.

Urebye uko ibintu byifashe muri Kivu y’Amajyepfo, wavuga ko biteye inkeke.

TAGGED:AbarwanyiAbaturageBukavuCongoDRCfeaturedIntambaraWazalendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yatangiye Gukura Ingabo Zayo Muri Gaza Bishimisha Hamas
Next Article Nyanza: Barashakishwa Kubera Kwicisha Umuntu Inkoni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?