Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Amazi Yanduye Ava Mu Kigo Cy’Amashuri Arashyira Ubuzima Bw’Abagituriye Mu Kaga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Burera: Amazi Yanduye Ava Mu Kigo Cy’Amashuri Arashyira Ubuzima Bw’Abagituriye Mu Kaga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2024 9:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturiye Ishuri ryisumbuye rya ES  Gahunga T.S.S ADEPR  riri mu Murenge wa Gahunga,  Akarere ka Burera, basaba inzego guhagurukira ikibazo cy’amazi yanduye ava muri iki kigo akaza anuka kandi akareka hafi y’ingo zabo. Bafite impungenge ko azabatera indwara cyane cyane iz’umwanda cyangwa malariya.

Umwe muri abo baturage avuga ko iyo ugeze inyuma y’inyubako z’ayo mashuri uhasanga amazi mabi anuka avanze n’ibyondo.

Yariretse ahantu hatandukanye mu mirima y’iryo shuri kandi hafi y’aho hakaba hatuye abaturage; ari nabo basaba ko ibi biziba byacukurirwa umwobo wihariye, ugapfundikirwa, bakaruhuka uwo munuko.

Uwo muturage avuga ko umunuko uzamuka ukabasanga no mu nzu aho bari kurira bigatuma barya badatuje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Aya mazi arareka agashyira ubuzima bw’abaturiye iri shuri mu kaga

Undi yabwiye UMUSEKE ati: “ Hari abana baha ibiraka byo kuvoma amazi yo kubumba amatafari bakanga gutanga ayabo mafaranga bakajya kudaha ibyo binuko by’amazi, mbese bo indwara bakuramo si ikibazo?”

Avuga ko bikwiye ko abo muri kiriya kigo bakemura iki kibazo kubera ko n’ubundi ari bisanzwe biri muri gahunda za Leta ko ibinogo birekamo amazi bisibwa.

Umuyobozi w’iri shuri rya ES Gahunga T.S.S ADEPR, Bukuba Cyriaque ,yemeza ko bagiye gusuzuma iby’iki kibazo ngo kuko aribwo bakibimenya, bacukure ibyobo biyafata icyo kibazo gikemuke.

Yagize ati: “ Iby’icyo kibazo nibwo nkibimenya, ariko abo baturage mubatubwirire ko tugikemura tugiye gucukura ibyobo biyafata, turabikemura byose bigende neza”.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Théophile Mwanangu, avuga ko basaba ubuyobozi bw’iri shuri gucukura ibyobo byubakiye kandi bipfundikiye byujuje ubuziranenge kugira ngo bifate aya mazi.

- Advertisement -

Mwanangu yagize ati: “ Turabasaba gusiba ibyo bizenga hanyuma bacukure ikindi cyobo bacyubakire n’amatafari ahiye na béton bagipfundikire kuko bafite ubutaka bunini. Nta mpamvu yo gukora ibintu bitujuje ubuziranenge ndetse no mu cyumweru gitaha tuzabasura turebe ko byarangiye”.

Théophile Mwanangu(Ifoto@The New Times)

Aya mazi mabi aturuka inyuma y’amashuri ahagana ku nyubako z’ubwiherero n’amacumbi by’abanyeshuri.

Ariko si aha gusa kuko hari n’andi aturuka mu bikoni by’iryo shuri agatembera mu gice cyegereye imirima y’ishuri iri ku muhanda wa kaburimbo.

Aya ateza umwanda ku buryo uhanyuze abibona ko hakeneye gukorerwa isuku, ari nayo mpamvu basaba ko yacukurirwa ibyobo biyafata.

Akarere ka Burera kuri mu turere dufite abaturage bagaragaweho indwara ziterwa n’umwanda.

Mu minsi yashize, hari bamwe babwiye itangazamakuru ko baretse gufumbiza umusarane w’abantu kuko ngo bamenye ko bitera indwara n’ubwo byose byongera umusaruro.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, gikangurira abantu kugira isuku mu byo barya, ibyo bambara n’aho baba kugira ngo bagire ubuzima bwiza, burambye.

Burera: Bemeza Ko Baretse Gufumbiza Ifumbire Y’Umusarane W’Abantu

TAGGED:BureraIshuriRBCUmunuko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacuruzi B’Abanyarwanda Bakomeje Gutaka Kubura Amadolari
Next Article Abanyarwanda Babiri Bakekwaho Jenoside Babonywe Muri Australia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abanyarwanda 800,000 Barwaye Malaria Mu Mwaka 2024-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Burera: Bategereje Inkunga Polisi Yabemereye Bakayibyaza Umusaruro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Iraq: Umuyaga Urimo Ibihumanya Washyize Mu Kaga Ubuzima Bw’Abantu 1000

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'UbuhangaUbuzima

Harigwa Uko Imibu Yajya Irogwa Hakoreshejwe Amaraso Y’Umuntu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?