Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Babagira Inka Hasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Burera: Babagira Inka Hasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera haravugwa inkuru y’abantu babagira inka hasi, abaturage bakavuga ko niba iki kibazo kidahagurukirwe gishobora kuba intandaro y’indwara. Iki kibazo kiravugwa ku gasenteri ka Rusumo.

Abaturage kandi bavuga ko hejuru y’izi nyama zibagirwa ku butaka hari ikibazo cy’umunuko usanga abantu mu ngo zabo cyangwa ukaziba amazuru abaca hafi aho.

Hari umuturage wabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “Urabona ko  hari ibizi biretse hano, amasazi, umunuko ukabije biterwa n’iri bagiro ribagira hasi ku butaka ahantu hari umwanda. Biteye inkeke kandi n’uburwayi ntibwabura bitewe nuko abaturage baza kuhagura inyama zo kurya”.

Icyakora umwe mu baturage b’aho avuga ko n’ubwo babagira kuri sima ariko ari hasi kandi nta suku ihari iboneye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Undi nawe ati “… Barimo kubagira hasi nubwo ari ku isima ariko nta suku ihari, nawe urimo kubibona. Turasaba ko byakwitabwaho uyu mwanda uri muri iri bagiro ugakumirwa,  ubuzima bw’abaturage butarajya mu kaga, ni ukubura uko tugira ubundi twacika ku nyama”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butaro, Kayitsinga Faustin avuga ko batakwihanganira umwanda.

Niyo mpamvu avuga ko bagiye guhagurukira iki kibazo.

Ikindi ngo ni uko ibagiro rishaje bityo ngo barashaka kureba ahandi baryimurira.

Ati: “Icyo twavuga ni uko ibagiro rishaje ariko rizimurwa mu bihe biri imbere. Hariya niho bari kuba bifashisha. Ku kijyanye n’ikibazo cy’umwanda nta muntu wacyihanganira, tugiye kubikurikirana ndetse nibiba na ngombwa tuzabahana kugira ngo himakazwe isuku inogeye abaturage”.

- Advertisement -

Ikindi kigaragara hariya ariko giteye impungenge ni uko aho iri bagiro riri ari mu isangano ry’imihanda ku buryo hadasiba urujya n’uruza.

Ibi bituma ibyago by’uko abantu bandura byiyongera.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urupfu Rwa Buravan Rwateye Tonzi Guha Izina Alubumu Ye
Next Article Inkuga Nini Yahawe Abarokotse Jenoside Ni Uburenganzira Ku Gihugu Cyabo- Perezida Wa IBUKA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Impungenge Ku Birayi Byongererewe Ubushobozi Zishire-Umushakashatsi Wa RAB

Trump Yahagaritse Ingendo Ziva Mu Bihugu 12 Zijya Muri Amerika

Nyamagabe Igiye Guhabwa Amazi Ku Bayituye Bose

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gakenke: Abaturage Baremeye Abaturanyi Barokotse Jenoside

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Ngororero: Batwara Amatungo Mu Modoka Z’Abagenzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Rwanda: Abakobwa Biga Amashuri Mato Ni Benshi, Bakagabanuka Muri Kaminuza…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?