Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Buri Karere Kagiye Kubakwamo TVET Y’Icyitegererezo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Buri Karere Kagiye Kubakwamo TVET Y’Icyitegererezo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2025 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kugira ubumenyi ngiro bukwiye ngo bazihangire imirimo, Urwego rw’Igihugu rushinzwe amashuri ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), rugiye gukorana n’abo rufatanya nabo rubake ibigo 30 bya TVET hose mu Rwanda.

Buri Karere kazaba gafite icyo kigo kugira ngo urubyiruko rugatuye ruzabone uko ruhugurwa muri ubwo bumenyi.

Ikigo RTB kivuga ko ibyo bigo bizaba biri ku rwego mpuzamahanga, bikazafasha Abanyarwanda kwigira ubwo bumenyi mu gihugu cyabo bitabasabye kujya mu mahanga.

Ni ibigo bizaba byujuje ibisabwa nk’uko amashuri yo muri Koreya, Luxemburg, Austria ateye.

Uzayarangizamo azaba afite ubumenyi n’impamyabumenyi biri ku rwego rwo hejuru bimufashe kujya guhangana n’abandi ku isoko mpuzamahanga.

Hagati aho hari amwe muri ayo mashuri yatangiye kubakwa mu gihe andi yo azubakwa mu gihe gito kiri imbere.

Amakuru avuga ko ingengo y’imari yo kubaka amashuri 15 yamaze gukusanywa kandi ibice by’aho azubakwa byamaze gutegurwa.

Abana batsinze neza nibo bazayigamo, bakazaba abantu batsinze neza ibizamini bya Leta birangiza amashuri arangiza icyiciro rusange.

Bazigishwa ikoranabuhanga rigezweho mu nzego zitandukanye bityo bakurane ubumenyi bwazabafasha kwihangira imirimo.

Izo nzego ni ubuhinzi, ubworozi, ubwubatsi, kubyaza umusaruro ibyuma bishaje n’ubundi buhanga.

Paul Umukunzi uyobora RTB avuga ko imirimo yo kubaka amwe muri ayo mashuri igeze ku kigero cya 20%, akemeza ko umwaka wa 2026 amashuri umunani yaruzuye.

Bizakorwa kubera ko n’igishushanyo mbonera cya buri shuri muri yo cyamaze kuboneka.

Yagize ati: “Nko mu ishuri rya Coding Academy riri i Nyabihu, imirimo yaho igeze nko kuri 20% ku buryo gahunda dufite ari uko mu kwezi kwa cumi ariyo ‘Center of Excellence’ ya mbere tuzataha. Irya kabiri ni irigiye gutangira mu cyanya cy’inganda aho twabonye inkunga ya Miliyoni $ 7 yo kuryubaka. Hagiye gutegurwa ibijyanye no gusiza, mu gihe cy’umwaka umwe n’igice tuzaba twamaze kuritaha.”

Andi mashuri ya TVET y’icyitegererezo umunani azubakwa ku bufatanye na Leta ya Koreya, akazatwara Miliyari Frw 135 kandi nayo yarangije kuboneka.

Igisigaye ni ugutanga amasoko ba rwiyemezamirimo bakayapiganirwa.

Hari andi mashuri atatu na yo agomba kubakwa ku bufatanye na Leta ya Luxemburg, azibanda ku kwigisha ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, amasoko y’imirimo yo kuyubaka yo yamaze gutangwa.

Azuzura atwaye Miliyoni 30 z’amayero, bikaba biteganyijwe ko nayo mu myaka ibiri iri imbere azaba yuzuye.

TAGGED:AmashurifeaturedIkigoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RURA Yazamuye Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu
Next Article Rwanda: Hazamuwe Imisoro Hashyirwaho Undi Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?