Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Buri Mwimukira Uzemera Kuza Mu Rwanda Azahabwa Amapawundi 3,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Buri Mwimukira Uzemera Kuza Mu Rwanda Azahabwa Amapawundi 3,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2024 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bimwe mu bizakorwa na Leta y’Ubwongereza ubwo izaba yohereje abimukira mu Rwanda mu gihe byose bizaba byamaze gushyirwa ku murongo ni uguha buri wese amapawundi 3,000 ni ukuvuga hafi miliyoni Frw 5.

Mu gihe bitarajya ku murongo neza, u Rwanda rwo rukomeje kunoza imyiteguro irimo no kubaka inzu bazaturamo.

Ni inzu 1,500 ziri kubakwa ku buso bwa hegitari 12 ku ngengo y’imari ya miliyari Frw 60.

Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu no kwita ku bimukira Dr. Uwicyeza Picard Dorris avuga ko kuzubaka bimaze kuzura ku kigero cya 75%.

Ati: “ Imyiteguro yo kubaha inzu z’abo Ubwongereza buzohereza igeze kure, hari n’urukiko ruri gukorwa. Turi gutunganya ibijyanye n’aho bazatura, uko bazagera ku mavuriro, uko bazagera mu mashuri cyangwa mu kazi…”.

Muri izo nzu harimo eshatu zigeretse ziri hafi kuzura neza, ziri kubakwa i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.

Muri Werurwe, 2023 nibwo abayobozi b’u Rwanda n’Ubwongereza batangije umushinga wo kubaka izo nzu zizaturwamo n’abimukira bazaturuka mu Bwongereza ibisabwa byose, haba mu rwego rw’amategeko n’ibikorwaremezo, nibijya ku murongo.

Hagati aho Sena y’u Rwanda yaraye isuzumye ingingo ku yindi mu ngingo eshatu zigize ariya masezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza ajyanye no kwakira abimukira.

Nyuma yo kuyisuzuma, Komisiyo ya Sena ishinzwe iby’ububanyi n’amahanga izakora raporo iyigeze ku Nteko rusange y’uyu mutwe.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga Clémentine Mukeka avuga ko u Rwanda rwiyemeje gutabara abari mu kaga bazarugana bakeneye ko rubafasha.

Mukeka avuga ko u Rwanda hari andi masezerano rwagiranye n’Ubwongereza ajyanye no kunoza ibibazo byagaragaraye mu mategeko.

Hagati aho kandi u Rwanda n’Ubwongereza byanemeranyije ko u Rwanda ruzakira abazashaka kuruzamo ku bushake.

Uwicyeza Pichard avuga ko Ubwongereza, ku ruhande rwarwo, buri kuganira n’abo bimukira babugiyemo mu buryo budakurikije amategeko kugira ngo bazaze mu Rwanda ku bushake bwabo.

U Rwanda n’Ubwongereza bashyizeho ishami ryihariye ryo kwita kuri abo bimukira n’abasaba ubuhungiro kandi hari abakozi 151 bahuguriwe kuzuzuza izo nshingano.

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedInzuRwandaUwicyeza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatumije Umuceri Mubi Muri Tanzania Barasaba Leta Guca Inkoni Izamba
Next Article Uwateguye Ibitero Bya Hamas Kuri Israel Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?