Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burkina Faso: Abantu 28 Barimo Abasirikare N’Abasivili Bishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burkina Faso: Abantu 28 Barimo Abasirikare N’Abasivili Bishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2023 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hagati yo ku Cyumweru no ku wa Mbere taliki 30, Mutarama, 2023 abarwanyi bagabye ibitero muri Burkina Faso byahitanye abantu 28 barimo abasirikare 10 n’abasivili 18.

Ibi bitero byagabwe mu bice bituriye uruzi rwa Niger mu gace kitwa Cascades ku mpaka ugabanya Burkina Faso na Côte d’Ovoire.

Ababonye imirambo bayisanzeho ibikomere by’amasasu.

Ubu bwicanyi buravugwa muri Burkina Faso mu gihe mu bihugu bituranye nayo ari byo Niger na Mali nahp hamaze iminsi havugwa ubwicanyi bushinjwa umutwe wa al-Qaeda, ishami rya Afurika y’i Burengerazuba.

Abarwanyi bayo barica, bagatwika inzu, bagafata abagore ku ngufu ubundi bagasahura.

Byatumye abantu bagera kuri Miliyoni 2 bahunga bituma kandi abantu badahinga cyangwa ngp borore bityo bibakurira inzara.

Ku wa Kane w’Icyumweru gishize hari abandi bantu 10 biciwe  mu Mujyi wa Dassa mu Burengerazuba bwo hagati muri Burkina Faso.

Ni mu bilometero 140 uturutse mu Murwa mukuru, Ouagadougou.

Kuva  Blaise Compaoré wayoboraga Burkina Faso yakurwa k’ubutegetsi n’abaturage bavugaga ko batamushaka, iki gihugu ntikiragira amahoro arambye.

Bavugaga ko agomba kubazwa iby’urupfu rwa Captaine Thomas Sankara bivugwa ko yagize uruhare mu rupfu rwe, akanamusimbura.

Compaoré kandi ashinjwa uruhare mu rupfu rw’umunyamakuru wari icyamamare cyane witwaga Norbert Zongo.

TAGGED:AbarwanyiAbasirikareAbasiviriBurkinaCompaore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Oda Gasinzigwa Yagizwe Perezida Wa Komisiyo Y’Igihugu Y’Amatora
Next Article Koffi Ati: ‘ Ko Mushinja u Rwanda Kwiba 20% By’Umutungo Wacu, 80% Ijya He”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?