Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burkina Faso: Abantu 33 Biciwe Rimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burkina Faso: Abantu 33 Biciwe Rimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2023 7:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare ituruka Ouagadougou ivuga ko abarwanyi bishe abantu 33 babasanze mu murima. Burkina Faso iri mu bihugu byibasiwe n’abarwanyi bakora iterabwoba. Mu Ntara 13 zikigize, icyenda zashyizwe mu bihe bidasanzwe mu rwego rwo guhangana n’abo barwanyi.

Igitero kivugwa muri iyi nkuru cyagabwe ku wa Gatanu, kibera ahitwa Youlou mu Ntara ya Mouhoun nk’uko byemezwa na Guverineri wayo witwa Babo Pierre Bassinga.

Bassinga ati: “ Abagome basanze abaturage bari guhinga hafi y’umugezi barabica”.

Avuga ko umubare w’abantu 33 ari uw’agateganyo kuko hari n’abandi bashobora kuzagwa kwa muganga kubera ibikomere byabashegeshe.

Mu gace ka Cheriba hari abandi bantu bakoremerekejwe n’amasasu kandi abakoze iki gitero batwitse inzu nyinshi zo muri ako gace.

Guverineri Pierre Basssinga yasabye abaturage gukomeza gukorana bya hafi, aho babonye umuntu cyangwa abantu batazi, bakabibwira inzego z’umutekano kandi ngo ibi bishobora gukoma mu nkokora ibitero bimwe na bimwe.

Nta gihe kinini gishize, hari umuyobozi mu gace ka Mouhoun wiciwe mu gashyamba, umurambo we ukabonwa n’abihitiraga.

Uwo mugabo yitwaga Amadou Kaboré.

Abantu bamuteze igico atashye bahagarika imodoka ye baramurasa.

Burkina Faso ifite ingabo bigaragara ko ‘zishobora kuba’ zirushwa imbaraga n’abagaba ibitero hirya no hino mu gihugu.

Muri Mata, 2023 aba barwanyi bishe abasirikare benshi ba Burkina Faso.

Mu mezi make ashize, Guverinoma ya Burkina Faso yari yashyizeho ‘ibihe bidasanzwe’ byagombaga gukorwamo imikwabo, abasirikare na polisi bakazenguruka mu ngo basaka.

Iki gihe giherutse kongerwaho andi mezi atandatu.

Abarwanyi ba Al Qaeda na Islamic State nibo bavugwaho guhindura Burkina Faso ibagiro kuko badasiba kwica abantu b’ingeri zose, abasivili cyangwa abasirikare.

Aba barwanyi bigaruriye 40% by’ubuso bwose bwa Burkina Faso.

Iki gihugu gifite ubuso bwa [km2] 274,200.

Imibare itangwa n’ibigo bitari ibya Leta ivuga ko abarwanyi bo muri iki gihugu bamaze kwica abantu 10,000 biganjemo abasivili.

TAGGED:AbarwanyiAbaturageBurkina Faso
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda N’Ubwongereza Mu Biganiro K’Ubucuruzi
Next Article Tshisekedi Muri Congo Brazzaville
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?