Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Abajura Bayogoje Cibitoke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Abajura Bayogoje Cibitoke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2023 8:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye ku misozi ya Mparambo I, Munyika I, Kagazi, Rusiga, Rukana, Rugeregere, Murambi, Kaburantwa, Gasenyi na Ruhagarika muri Komini  Rugombo na Komini  Buganda mu Ntara ya Cibitoke baratakamba kuko ibisambo byayogoje amasambu yabo.

Abahatuye bavuga ko mu gihe kitageze ku minsi 30, abajura bibye ingo 40 basiga bazicucuye.

Aho bibasiye cyane ni ahitwa Mparambo I, Munyika I n’i  Samwe muri Komini ya  Rugombo.

Abajura b’i Burundi ntacyo basiga mu nzu kuko biba matola, radio, televiziyo, ibikoresho byo mu gikoni, ibiringiti, imyaka ihunitse n’ibindi.

Bibira mu matsinda magari kandi bikavugwa ko hari abayobozi bababera ibyitso.

Muri Komini ya Buganda, abajura bibasira imirima bagahumba imyaka yeze n’itarera neza.

Bibasira ibigori, imyembe n’imyumbati.

Umwe mu bahatuye yabwiye Burundi Iwacu ko abajura bitwikira ijoro rijigije bakaza kwiba, umuzamu basanze atarasinzira bakamugirira ‘ibya mfura mbi.’

Iyo bukeye, abaturage babitanga ho raporo ku bayobozi, ariko ngo nta cyo bitanga.

Bashinja abayobozi kudaha agaciro gutaka kwabo.

Abayobozi bavugwaho kuba ba ‘ntibindeba’ kurusha ab’ahandi ni abo muri Komini ya Buganda.

Hari umugore umwe wabwiye bagenzi bacu bandikira Burundi Iwacu ko ubuyobozi na Polisi nibukomeza kurebera ntibuhane abo bajura, kera kabaye abaturage bazikemurira icyo kibazo.

Ati: “ Ntabwo tuzakomeza kwihanganira ko abantu baducucura twabibwira ubuyobozi bukabifatana uburemere buke.”

Umupolisi ati: ‘ Ubushomeri butuma biba…’

Umupolisi abanyamakuru basanze hamwe muri aho havugwa ubujura, yababwiye ko asanga imwe mu mpamvu zitera urubyiruko kwiba kugeza no ku myembe ari ubukene bukomeye buturuka kuri byinshi harimo n’ubushomeri.

Avuga ko ingaruka z’intambara n’amakimbirane ya Politiki byatumye abaturage batabona umwanya wo kwiga cyangwa gukora indi mirimo ibateza imbere.

Hajuru y’ibi hiyongeraho n’uko ikirere cyahindutse bituma amapfa atera akuruwe n’uko imvura yabuze igihe kirekire.

Icyakora, ubuyobozi buvuga ko buri kureba icyakorwa kugira ngo ubwo bujura budafata ‘indi ntera.

TAGGED:AbajuraAbaturageBurundiInzaraPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mushikiwabo Yihanganishije Abo Mu Muryango W’Umukozi Wa OIF Watabarutse
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zafashije Abana Bo Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?