Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Burashinja Ukraine Kuyirasaho Missiles Yahawe N’Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uburusiya Burashinja Ukraine Kuyirasaho Missiles Yahawe N’Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2024 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibi bisasu byarashwe mu Burusiya
SHARE

Inzego z’umutekano z’Uburusiya zitangaza ko kuri uyu wa Kabiri taliki 19, Ugushyingo, 2024 hari missiles zo mu bwoko bwa Atacms Ukraine yaburasheho.

Bivuzwe nyuma y’igihe gito Amerika yemereye Ukraine kurasa ziriya missiles mu Burusiya kuko yari yarabisabye igihe kirekire.

Ibisasu byitwa Army Tactical Missile System (Atacms) byahawe Ukraine mu mezi make yabanjirije amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye muri Amerika.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Oleksandrovych Zelenskyy yasabye kenshi ubutegetsi bwa Joe Biden kumwemerera ngo azirase mu Burusiya ntiyahita abyemera kubera impamvu zitatangajwe.

Gusa abantu bavuga yangaga ko Uburusiya bwahita bwihimura bikomeye kuri Ukraine intambara ibihugu bimaze imyaka ibiri birwana igafata indi ntera.

Bisa naho kandi yashakaga ko amatora y’Umukuru w’Amerika yabanza akava mu nzira hanyuma hakazarebwa uko uzatorwa azitwara muri icyo kibazo.

Kuba haratowe Donald Trump bishobora kuba ari byo byatumye ubutegetsi bw’Amerika bubona ko noneho Ukraine yakwemererwa kurasa mu Burusiya kuko Amerika ifite ubuyobozi bushya.

Nyuma y’uko ibisasu bya Atacms birashwe mu Ntara ya Bryansk mu Burusiya Minisitiri w’ingabo z’Uburusiya yahise atangaza ko ibyakozwe ari igitero gikomeye kigabwe ku gihugu cye kandi ko abaharashe bizabagiraho ingaruka zikomeye.
Itangazo ryo muri Minisiteri y’ingabo rivuga ko Ukraine yarashe missiles eshanu mu Burusiya zirahanurwa, imwe iza kwangira ibikorwa remezo birimo n’ikigo cya gisirikare.

Missiles Ukraine yarashe ku Burusiya zifite ubushobozi bwo kuraswa mu ntera ingana na kilometero 300 kandi BBC yemeza ko bigoye ko zibonwa na radars za gisirikare.

Kuba Ukraine yarahawe ibisasu ishobora kurasa ku butaka bw’Uburusiya ni ikintu gishobora guhindura uko intambara yarwanaga n’Uburusiya ihindura isura.

Hagati aho, Perezida w’Uburusiya Vladmir Putin aherutse gutangaza ko igihugu cye cyiteguye kuba cyakoresha intwaro za kirimbuzi kimaze imyaka gihunitse.

TAGGED:AmerikafeaturedIbisasuIntambaraIntwaroKirimbuziPerezidaUburusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Byahawe Moto Zo Gufasha Mu Kwita Ku Buzima Bwo Mu Mutwe
Next Article DRC: Impunzi Z’i Goma Zugarijwe N’Indwara Ya Macinya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?