Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Abantu 300 Banduye Ubushita Bw’Inkende
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

Burundi: Abantu 300 Banduye Ubushita Bw’Inkende

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 7:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uburundi bugiye gukora ibarura rusange ry'abaturage
SHARE

Minisiteri y’ubuzima mu Burundi itangaza ko abantu 300 ari bo bamaze kubarurwa ko banduye ubushita bw’inkende, abenshi muri bo bakaba ab’i Bujumbura.

Komini ya Ntahangwa  niyo ifite benshi kuko ari abantu 147 mu gihe iya Kayanza ari yo ikurikira mu kugira abarwayi benshi.

Minisitiri w’ubuzima muri rusange no kurwanya SIDA witwa Dr Lydwine Baradahana avuga ko umuhati wa Leta mu kurwanya buriya bushita watumye abantu 180 bari baranduye iriya ndwara bakira kandi ngo n’abasigaye ntibarembye.

Ibi Minisitiri Baradahana yaraye abitangarije mu nama yateguwe na Minisitiri w’Intebe Gérvais Ndirakobuca, yateguwe mu rwego rwo gusuzuma uko iyo ndwara yifashe mu baturage.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubuyobozi bw’Umurwa mukuru w’ubukungu Bujumbura witwa Jimmy Hatungimana yasabye Minisitiri w’Intebe kubongerera ubushobozi bwo guhangana n’ikwirakwira kw’iyo ndwara.

Avuga ko kuba yiganje mu Ntara ayobora ari ikintu giteye inkeke kuko ari yo urebye ikorerwamo ibikorwa by’iterambere bihambaye kuko ari umurwa mukuru w’ubukungu.

Minisitiri w’ubuzima mu Burundi avuga ko impamvu ikomeye ituma Bujumbura yibasirwa n’ubushita bw’inkende ari uko ituwe n’abantu bakunze guhurira kenshi mu bikorwa by’iterambere kandi ikaba, mu bice byinshi, nta mazi ahagije ahaboneka.

Ashingiye kuri iyo ngingo, Umuyobozi wa Bujumbura yasabye Minisitiri w’Intebe gukorana bya hafi n’ikigo gikwirakwiza amazi mu gihugu hakarebwa uko ayo mazi yakongerwa mu mujyi ayoboye.

Ikigo gishinzwe gukwiza amazi mu Barundi kiwa La Régie des Eaux( REGIDESO).

- Advertisement -

Nubwo Abarundi bagera kuri 300 banduye iriya ndwara ntawe irahitana nk’uko byemezwa mu kinyamakuru Burundi Iwacu.

Icyakora ngo ibyo byago birashoboka cyane kuko Abarundi benshi bitwara nkaho iyo ndwara ivugwa mu gihugu ari baringa!

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko iyo myitwarire ari yo yongera ubwandu mu bantu.

Mu rwego rwo kugabanya ibyago byo kwandura ubushita bw’inkende, Guverinoma y’Uburundi yakanguriye abaturage kugira umuco wo gukaraba intoki kenshi cyane cyane aho abantu bahurira ku bwinshi.

Ivuga ko abatazabikora bazajya babihanirwa kuko kutabikora ari ugushyira mu kaga ubuzima bwa benshi.

Ubutegetsi mu Burundi kandi burashishikariza abaturage kwirinda gukorana imibonano mpuzabitsina n’abantu barwaye ubushita bw’inkende kandi yanakorwa ikaba ikingiye.

Abarundi basabwe no kwirinda kurya inyama zidahiye neza kandi z’inyamaswa z’igasozi.

Ubuyobozi bwanzuye ko utubari tutazakurikiza amabwiriza yatanzwe tuzafungwa.

Minisitiri w’Intebe  Gérvais Ndirakobuca yabwiye abandi bayobozi ko bakwiye kongera ubukangurambaga mu baturage kuko kwirinda ubushita bw’inkende byoroshye kurusha COVID-19.

TAGGED:BujumburaInkendeMinisiteriNdirakobucaUbushita
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubyiruko Rw’Abakorerabushake Ruzajya Ruhugura Abakoresha Umuhanda
Next Article Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?