Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Abarwanyi Bavuga Ikinyarwanda Baravugwa Mu Ishyamba Rya Kibira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Burundi: Abarwanyi Bavuga Ikinyarwanda Baravugwa Mu Ishyamba Rya Kibira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2024 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo Ntara ya Cibitoki muri Komini ya Mabayi bavuga ko hari abarwanyi bavuga Ikinyarwanda bo muri FLN bava mu ishyamba rya Kibira (rifatanye n’irya Nyungwe mu Majyepfo y’u Rwanda) bakajya kubasahurira imyaka.

Abataka ibyo ni abatuye ku misozi ya Kibira, Gafumbegeti, Rutorero, Butahana muri Komini ya Mabayi mu Ntara ya Cibitoke.

Basaba Guverinoma kuhohereza ingabo na Polisi kugira ngo bahirukane abo barwanyi ba FLN bahora babacucura.

Ikindi basaba ni uko abahatuye bakorana n’abo bagizi ba nabi nabo bagombye gufatwa bakagezwa mu butabera kuko babangamira umutuzo rusange.

Si abaturage bonyine bemeza ibi kuko n’ubuyobozi bw’Intara ya Cibitoke nabwo bubyemeza butyo.

Abaturage bavuga ko abarwanyi ba FLN bamaze igihe kirekire barakambitse mu ishyamba rya Kibira, bakaba ari ho bava baza kubacucura.

Bavuga ko abo barwanyi bamaze ibyumweru bibiri baza kubibira imyaka, bakayirandura ku mugaragaro, ushatse kubitambika bakamukangisha imbunda.

Ikibabaje ni uko hari umwe mu basirikare bakuru b’ingabo z’Uburundi ukorana nabo, akaba ari we abo muri FLN baha amafaranga akabashakira inzira bacamo bajya gusahura rubanda.

SOS Medias Burundi ivuga ko aho ibintu bigeze, ari ngombwa ko Leta itabara abaturage.

Umuturage wo muri Gafumbegeti yabwiye iki kinyamakuru ko abo barwanyi badatinya no kurandura imyumbati itarera neza.

Uwo muri Rutorero we avuga ko niba abo barwanyi batirukanywe muri ako gace mu maguru mashya, bazaba ikibazo gikomeye hagati y’Uburundi n’u Rwanda.

Ikindi ni uko aho Kigali ishyamiraniye na Gitega mu minsi yatambutse, urujya n’uruza rwabo barwanyi rwiyongereye.

Abo barwanyi hari n’ubwo bajya gutera abaturage ba DRC, bakabikora nabwo bashaka ibyo kurya.

SOS Medias Burundi ivuga ko hari amakuru ikesha bamwe mu bakora mu gisirikare cy’Uburundi avuga ko abarwanyi ba FLN bagikomeje umugambi wo kuzatera u Rwanda igihe cyose bazabibonera uburyo.

Abaturage bo muri Mabayi bataka ko abarwanyi ba FLN baza kubacucura utwo bahinze

Kuba bakorera ku butaka bw’Uburundi kandi ubuyobozi bw’iki gihugu bukaba butabirukana ngo ni kimwe mu byerekana ko bubashyigikiye.

Adiminisitarateri ( Administrator) wa Komini ya Mabayi avuga ko amakuru y’abo barwanyi ayafite kandi ko ateganya kubiganiraho n’abashinzwe umutekano kugira ngo barangize icyo kibazo.

Jeanne Izomporera uyobora Mabayi asaba abaturage gukomeza kuba maso bagafatanya kwirukana abo yise ‘inyangabirama’.

Abashinzwe umutekano mu bice bivugwamo bariya barwanyi nabo bavuga ko batangije ibikorwa bya gisirikare bigamije kwirukana abo barwanyi bavuga Ikinyarwanda.

TAGGED:AbaturagefeaturedFLNGusahuraInyeshyambaIshyamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Israel Ziri Kurasana Na Hamas Imbonankubone
Next Article APR BBC Muri BAL Yatsindiwe Muri Senegal Ku Mukino Ubanziriza Uwa Nyuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?