Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Gusenyuka Kw’Ishyaka Rya Rwasa Byorohereje Iriri Ku Butegetsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Gusenyuka Kw’Ishyaka Rya Rwasa Byorohereje Iriri Ku Butegetsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2023 2:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuba abanyapolitiki bo mu ishyaka rya CNL rya Agathon Rwasa batina ba mwana ku miyoborere yaryo, byafunguriye inzira yagutse abo mu ishyaka riri ku butegetsi bari kwitegura amatora y’Umukuru w’igihugu mu Burundi azaba mu mwaka wa 2025.

Mu minsi n’itanu ishize nibwo ubwumvikane buke mu banyapolitiko bo mu ishyaka Congrès national pour la liberté, CNL, bwatangiye kumvikana.

Byatangiye ubwo Agathon Rwasa yafataga icyemezo cyo kwirukana abari mu ishyaka rye 11 barimo Abadepite 10 abashinja ubugambanyi.

Bidatinze nabo bahise basohora itangazo bavuga ko nawe bamukuyeho, ko badashaka ko akomeza kubayobora kandi adashobotse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abadepite yari yirukanye baramuhindukiranye bavuga ko adashoboye, ndetse ko adashobora gukomeza kuyobora ishyaka kandi amategeko atabimwemerera.

Uku gusenyana hagati y’abagize ririya shyaka byabaga abo mu ishyaka riri ku butegetsi babireba kandi babyishimira.

Hari n’abadatinya kuvuga ko na Leta ibifitemo akaboko.

Umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Burundi Iwacu avuga ko uko kutumvikana, biha ubutegetsi bw’i Gitega amahirwe adasubirwaho yo kuzamamaza umukandida wa CNDD-FDD nta wundi bahanganye ukomeye.

Avuga ko abanyapolitiki bo muri ririya shyaka bakoze ikosa ryo kuticara ngo baganire ku bitagenda neza, bityo babicocere mu gikari.

- Advertisement -

Byari bube byiza iyo bataza kubyasasa ngo bikururuke bigere no ku bo bitareba.

Ikindi abantu bagomba kwibuka ni uko uko iri shyaka ryitwa muri iki gihe, atari ko ryahoze mu gihe cyashize.

Mbere ryitwaga FNL ( Forces  Nationales de Libération) ariko riza guhindura izina.

Ibi nabyo hari abo bitashimishije n’ubwo nta kundi bari kubigenza.

Ari Rwasa, ari n’abo batavuga rumwe…bose nta n’umwe uzungukira muri iyo vuruguvurugu.

CNDD-FDD niyo yonyine izunguka kuko nta rindi shyaka ryakomera kugeza ku rya Rwanda k’uburyo ryazahangana nayo mu matora ari imbere aha.

Abanyarwanda baca umugani uvuga ko ‘usenya urwe, umutiza umuhoro’.

Ku rundi ruhande, Abarundi bize bavuga ko kuba nta shyaka rikomeye risigaye muri kiriya gihugu, ari igihombo kubera ko nta kintu gihari kizatuma Guverinoma ikora itirara.

Abatavuga rumwe na Leta iyo bunze ubumwe kandi bagakora ku murongo bituma ikora neza, byose bigakorwa mu nyungu z’abaturage.

Ng’uko uko ikibazo cy’amacakubiri mu ishyaka rya Rwasa kifashe kugeza ubu.

TAGGED:AbanyarwandaAmatoraBurundifeaturedPolitikiRwasa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Bahaye Gitifu Amafaranga Ngo Abishyurire Mutuelle None Ntibavurwa
Next Article FUSO Yari Ijyanye Umuceri i Rusizi Yaguye Muri Nyungwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?