Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Gusenyuka Kw’Ishyaka Rya Rwasa Byorohereje Iriri Ku Butegetsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Gusenyuka Kw’Ishyaka Rya Rwasa Byorohereje Iriri Ku Butegetsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2023 2:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuba abanyapolitiki bo mu ishyaka rya CNL rya Agathon Rwasa batina ba mwana ku miyoborere yaryo, byafunguriye inzira yagutse abo mu ishyaka riri ku butegetsi bari kwitegura amatora y’Umukuru w’igihugu mu Burundi azaba mu mwaka wa 2025.

Mu minsi n’itanu ishize nibwo ubwumvikane buke mu banyapolitiko bo mu ishyaka Congrès national pour la liberté, CNL, bwatangiye kumvikana.

Byatangiye ubwo Agathon Rwasa yafataga icyemezo cyo kwirukana abari mu ishyaka rye 11 barimo Abadepite 10 abashinja ubugambanyi.

Bidatinze nabo bahise basohora itangazo bavuga ko nawe bamukuyeho, ko badashaka ko akomeza kubayobora kandi adashobotse.

Abadepite yari yirukanye baramuhindukiranye bavuga ko adashoboye, ndetse ko adashobora gukomeza kuyobora ishyaka kandi amategeko atabimwemerera.

Uku gusenyana hagati y’abagize ririya shyaka byabaga abo mu ishyaka riri ku butegetsi babireba kandi babyishimira.

Hari n’abadatinya kuvuga ko na Leta ibifitemo akaboko.

Umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Burundi Iwacu avuga ko uko kutumvikana, biha ubutegetsi bw’i Gitega amahirwe adasubirwaho yo kuzamamaza umukandida wa CNDD-FDD nta wundi bahanganye ukomeye.

Avuga ko abanyapolitiki bo muri ririya shyaka bakoze ikosa ryo kuticara ngo baganire ku bitagenda neza, bityo babicocere mu gikari.

Byari bube byiza iyo bataza kubyasasa ngo bikururuke bigere no ku bo bitareba.

Ikindi abantu bagomba kwibuka ni uko uko iri shyaka ryitwa muri iki gihe, atari ko ryahoze mu gihe cyashize.

Mbere ryitwaga FNL ( Forces  Nationales de Libération) ariko riza guhindura izina.

Ibi nabyo hari abo bitashimishije n’ubwo nta kundi bari kubigenza.

Ari Rwasa, ari n’abo batavuga rumwe…bose nta n’umwe uzungukira muri iyo vuruguvurugu.

CNDD-FDD niyo yonyine izunguka kuko nta rindi shyaka ryakomera kugeza ku rya Rwanda k’uburyo ryazahangana nayo mu matora ari imbere aha.

Abanyarwanda baca umugani uvuga ko ‘usenya urwe, umutiza umuhoro’.

Ku rundi ruhande, Abarundi bize bavuga ko kuba nta shyaka rikomeye risigaye muri kiriya gihugu, ari igihombo kubera ko nta kintu gihari kizatuma Guverinoma ikora itirara.

Abatavuga rumwe na Leta iyo bunze ubumwe kandi bagakora ku murongo bituma ikora neza, byose bigakorwa mu nyungu z’abaturage.

Ng’uko uko ikibazo cy’amacakubiri mu ishyaka rya Rwasa kifashe kugeza ubu.

TAGGED:AbanyarwandaAmatoraBurundifeaturedPolitikiRwasa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Bahaye Gitifu Amafaranga Ngo Abishyurire Mutuelle None Ntibavurwa
Next Article FUSO Yari Ijyanye Umuceri i Rusizi Yaguye Muri Nyungwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?