Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Harabura Amezi Make Ngo Habe Amatora Ya Perezida, Byifashe Bite?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Harabura Amezi Make Ngo Habe Amatora Ya Perezida, Byifashe Bite?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2024 9:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri iki gihe isesengura rya politiki mu Burundi rigaragaza ko mu gihe habura amezi atanu ngo habe amatora y’Umukuru w’igihugu hari bamwe mu banyapolitiki bari gufungwa, abandi bagakurwa umutima.

Abo barimo abayoboke bakomeye b’ishyaka CDP, le Conseil des patriotes, baherutse gufungwa ubwo Imbonerakure zabasangaga mu kabari.

Abandi bavugwa ko bashyirwa ku nkeke ya politiki ni abo muri Sahwanya Frodebu.

Abayoboke b’ishyaka CDP bavuga ko Imbonerakure zabasanganye n’abandi bari kwica akanyota, zibabwira ko zibafashe kuko baremesheje inama mu buryo butemewe n’amategeko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Akabari bafatiwemo gaherereye muri Cibitoke bikaba byarabaye taliki 15, Nzeri, 2024.

Bajyanywe muri kasho y’ikigo cy’umutekano n’iperereza mu Burundi kitwa Service National de Renséignement, SNR, bageze yo barakubitwa biratinda.

Abagabo bane ba CDP baherutse gufatwa n’Imbonerakure

Nyuma yo kurekurwa baje gutekerereza ikinyamakuru Burundi Iwacu ibyababayeho, bavuga ko byari bikomeye ku buryo bahavuye bumva bakutse umutima.

Icyakora bavuga ko bitazatuma batezuka ku bikorwa bya politiki biyemeje.

Umwe muri bo yagize ati: “ Twageze yo baduhata inkoni ngo twemere ko twari twaremesheje inama mu buryo butemewe. Twatangiye gukubitwa mu masaha ya kare kugeza ubwo shefu w’aho hantu yaje kugenda asiga umurinzi ngo adukubite. Twarakubiswe kugeza mu rukerera, uwadukubitaga abihagarika ari uko abwiwe ko urusaku rwacu rukabije”.

- Advertisement -

Baje kurekurwa ari uko Guverineri w’Intara ya Cibitoke abisabye.

Ibendera ry’ishyaka Frodebu ryibwe inshuro eshatu…

Umuyobozi w’ishyaka Frodebu ahitwa Mabayi witwa Cyriaque Niyizobimenya avuga ko ibendera ry’iri shyaka rimaze kwibwa inshuro eshatu muri Zone ya Buhoro, Komini Mabayi, Porovense ya Cibitoke.

Ati: “ Baje kurisanga ahitwa Muhingo, Ruyanzari na Rumvya kandi hari ku mataliki( Italiki mu Kirundi bayita Igenekerezo) ya 27 na 28, Nzeri, 2024”.

Frodebu

Ikibabaje kuri aba banyapolitiki  ni uko ibi biri kuba habura amezi atanu ngo mu Burundi habe ibikorwa byo kwiyamamaza haba ku bashaka kuyobora iki gihugu n’abashaka kujya mu Nteko ishinga amategeko.

Visi Perezida wa Sahwanya Frodebu witwa Phenias Nigaba avuga ko bibabaje kuba ibendera ry’iri shyaka ryibwa kandi ari ishyaka rizwi mu mategeko y’Uburundi.

Avuga ko kuba ishyaka ryabo ryemewe n’amategeko biriha uburenganzira bwo kumanika ibendera ryaryo aho ari ho hose mu gihugu.

Nigaba asaba ko mu gihe abaturage bitegura amatora ari ngombwa ko amashyaka yose yubahana, abayoboke bayo bagakora ibikorwa bya politiki mu bwisanzure.

Perezida wa Sahwanya Frodebu wiwa Patrick Nkurunziza nawe aherutse kwandika kuri X ko bikwiye ko mu Burundi haba ubworoherane mu mashyaka kugira ngo ibihe by’amatora bizagere abaturage, muri rusange, babanye neza.

Nkurunziza aherutse no gutangaza ko ubwo yamaganaga izamuka rikomeye ry’igiciro cy’isukari, akabikorera kuri X , abakozi bakorana bahise bamwirukana muri Groupe ya WhatsApp babanagamo!

Ubuyobozi bw’Intara ya Cibitoke buvuga ko mu bihe bibanziriza amatora, ari ngombwa ko umutekano ukazwa kuko iyo Ntara( mu Burundi Intara bayita Porovense) ituranye n’u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Uburundi kugeza ubu ntibubanye neza n’u Rwanda.

Porovense ya Cibitoke ikora ku Majyepfo y’u Rwanda

Umuyobozi wa Cibitoke witwa Carême Bizoza yabwiye Burundi Iwacu ko abanyapolitiki bavuga ko bahohotewe n’inzego z’umutekano, babeshya.

Avuga ko icyabaye ari ugufata abantu bari bakoze inama ya politiki batabanje kubisabira uburenganzira inzego zibishinzwe.

Ku byerekeye abiba ibendera rya Sahwanya Frodebu, Bizoza avuga ko utashinja umuntu ko yakwibye kandi ‘utamufatanye igihanga’.

Yunzemo ko mu bihe bibanziriza amatora, bishoboka cyane ko umuntu yakwiyibisha ibendera ry’ishyaka kugira ngo ashinje irindi kubigiramo uruhare.

Ubwo abanyamakuru ba Burundi Iwacu bageragezaga kuvugana na Elias Bigirimana uyobora Imbonerakure muri Cibitoke ngo agire icyo ababwira ku byo zivugwaho muri iyi nkuru, ntiyabitabye.

Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye aherutse kuvugira i Cankuzo muri Buhumuza ko igihugu gitekanye.

Yavuze ko nubwo ari uko bimeze, hari abanyapolitiki bibwira ko uwo mutuzo ubaha uburenganzira bwo kwica amategeko.

Icyakora yavuze ko umutuzo ugaragara henshi mu Burundi ari ingenzi kuko utuma abaturage bakora bakiteza imbere.

Ndayishimiye yaboneyeho gusaba abakozi ba Komisiyo y’Amatora, CENI, gutegura neza amatora, buri shyaka rikitabwaho kugira ngo byose bizagende neza.

TAGGED:AmatoraBurundiCENICibitokefeaturedKomisiyoNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwita Abana B’Ingagi Amazina Byasubitswe
Next Article Rwanda: Bisi Zikoresha Amashanyarazi Ziratangira Ingendo Mu Ntara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?