Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Rwasa Yirukanywe Mu Ishyaka Yashinze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Rwasa Yirukanywe Mu Ishyaka Yashinze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2023 7:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Agathon Rwasa umwe mu banyapolitiki bakomeye mu Burundi yirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye bikozwe n’Abadepite 10 baribarizwamo. Iryo shyaka ni CNL.

Nawe yari aherutse kubirukana muri iri shyaka, abashinja amakosa yise ko akomeye.

Mu mpera za Kamena, 2023 Agathon Rwasa yafashe umwanzuro wo kwirukana mu buyobozi bw’iri shyaka abantu 11 ‘batavuga rumwe na we’.

Mu bo yahagaritse, barimo na Thérence Manirambona wari Umuvugizi w’ishyaka.

Rwasa yemeje ko icyemezo cyo kubahagarika agifitiye ububasha kandi ko kugira ngo bagaruke mu ishyaka bizagenwa n’abarwanashyaka mu nteko rusange.

Nyuma gato y’icyemezo cya Rwasa, Depite Thérence Manirambona yavuze ko nta burenganzira na buto Rwasa afite bwo gufata umwanzuro wo kubahagarika.

Manirambona avuga ko nyirabayazana w’umwuka mubi mu ishyaka ryabi ari Agathon Rwasa.

Ndetse kuri uyu wa Kabiri taliki 04, Nyakanga, 2023 hari Abadepite 10 bahaye itangazamakuru ikiganiro, bavuga ko hari byinshi bituma Rwasa atakomeza kuyobora ishyaka.

Aba Dadepite bavuga ko bo basanzwe muri Biro Politiki y’ishyaka guhera mu mwaka wa 2019, bityo ko bazi ibipfa n’ibikira muri iri shyaka.

Bamushinja kugira ishyaka akarima ke, inshuro nyinshi kandi ngo yarenze ku nyandiko zemewe n’ishyaka n’igihugu kandi  akanyereza umutungo.

Abo Badepite bahoze ari inkoramutima za Rwasa bamushinja kubiba amacakubiri mu barwanashyaka kandi ngo ntagishaka kwitabira inama.

Iyo bamubajije impamvu z’iyo myitwarire arabasuzugura ntagire icyo abasubiza.

Bityo rero ngo nta bubasha na buke afite bwo guhagarika bamwe mu bagize inzego z’ishyaka mu gihe izo nzego cyane cyane ibiro bikuru by’ishyaka zidashobora guterana.

Abirukanye Agathon Rwasa ku buyobozi bw’ishyaka yashinze, batangaje ko Komite Nyobozi igomba kuyoborwa n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka mu gihe cyo kwitegura amatora y’umuntu uzamusimbura.

N’ubwo bitavugirwa mu ruhame cyangwa ngo itangazamakuru ribyature, hari amakuru avuga ko amacakubiri avugwa mu ishyaka rya Agathon Rwasa yenyegezwa n’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Mu ishyaka CNL harimo umwuka mubi, hari abavuga ko bigirwamo uruhare runini n’ishyaka riri ku butegetsi mu rwego rwo kuburabuza Agathon Rwasa umaze imyaka myinshi ahirimbanira intebe isumba izindi mu Burundi.

TAGGED:BurundifeaturedIshyakaPolitikiRwasa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ari Mu Birwa Bya Trinidad Na Tobago
Next Article Sefu Yavuye Muri AS Kigali FC Ajya Muri Rayon Sports
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Urwego Rw’Umuvunyi Rwasanze Mu Miryango Higanje Ibibazo By’Izungura

Indonesia: 500 Bishwe N’Imyuzure, Abarokotse Kubona Icyo Kurya Ni Ingorabahizi

Mu Rwanda Kurwara Amenyo Ni Ikibazo

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Hong Kong: Abishwe N’Inkongi Barakabakaba 100

U Rwanda Rurakina Na Guinea Rushaka Tike Y’Igikombe Cy’Isi Muri Basketball

You Might Also Like

Mu mahanga

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?