Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bwa Mbere Amabuye Y’Agaciro Yinjirije u Rwanda Miliyari $1.1
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Bwa Mbere Amabuye Y’Agaciro Yinjirije u Rwanda Miliyari $1.1

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2024 11:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwa mbere mu mateka y’ubukungu bw’u Rwanda, amabuye y’agaciro yarwinjirije miliyari $1.1 mu gihe cy’umwaka(2023).

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Mines, gazi na petelori ivuga ko mu mwaka wa 2022 amabuye yari yinjirije u Rwanda miliyoni $772.

Inyongera ivugwa ubu iragera kuri 43.0% mu mwaka umwe, bikaba ari bwo bwa mbere bibaye mu mateka y’ubukungu bw’u Rwanda.

Ubuyobozi bw’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iby’amabuye y’agaciro buvuga ko iryo zamuka ryatewe ahanini nuko kuyatunganya byongerewemo imbaraga n’ubunyamwuga bwinshi mu kuyacukura.

Zahabu niyo yinjije menshi kuko mu Ukwakira, 2023 hacukuwe ingana na toni 1,015 ifite agaciro ka $ 62,133,934; mu Ugushyingo hacukurwa ibilo 823 bifite agaciro ka $ 52,961,965 n’aho mu Ukuboza, 2023 hacukurwa ingana n’ibilo 1,320 bifite agaciro ka $87,521,667.

Ibuye rya kabiri ryinjije menshi ni Coltan kuko mu Ukwakira, 2023 hacukuwe ibilo 159,297 bifite agaciro ka $ 6,907,161.

Mu Ugushyingo uwo mwaka hacukuwe iri buye ringana n’ibilo 127,887 bifite agaciro ka $5,364,535 n’aho mu Ukuboza, 2023 hacukurwa Coltan ingana n’ibilo 180,393 bifite agaciro ka $6,630,391.

Nyuma ya Coltan hacukuwe ibuye rya Cassiterite( Gasegereti) ryinshi.

Mu Ukwakira hacukuwe ibilo byayo 431,035 bifite agaciro ka $ 6,487,192 mu Ugushyingo hacukurwa ibilo 416,231 afite agaciro ka $ 6,274,000 n’aho mu Ukuboza, 2023 hacukurwa gasegereti ipima ibilo 446,342 ifite agaciro ka $ 6,923,495.

Ibuya ryinjije amadolari($) make ni Wolfram kuko mu Ukwakira hacukuwe ingana n’ibilo 182,099 ifite agaciro ka $ 2,293,588, mu Ugushyingo hacukurwa ibilo byayo bigera ku 183,395 bifite agaciro ka $ 2,296,577 n’aho mu Ukuboza, 2023 hacukurwa Wolfram ipima ibilo 274,493 ifite agaciro ka $ 3,298, 468.

Iyi niyo mibare itangwa n’ikigo cy’igihugu kita ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, RMB, ku musaruro wavuye mu mabuye y’agaciro yacukuwe mu mezi atatu ya nyuma y’umwaka wa 2023.

TAGGED:AgaciroAmabuyefeaturedIkigoRwandaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abasirikare Babiri B’Afurika Y’Epfo Bishwe
Next Article Gukomeza Amagufa Birenze Gufata Vitamini D Gusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?