Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Byemejwe Ko Gaza Yose Yigarurirwa Na Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Byemejwe Ko Gaza Yose Yigarurirwa Na Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2025 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byemejwe ko izi ngabo zifata Gaza yose. Ifoto: Activetrail.biz.
SHARE

Ibyari bimaze iminsi bivugwa ko bizakorwa na Netanyahu bigiye kuba impamo nyuma y’uko Inama yaguye y’Umutekano y’igihugu cye yaraye ayoboye yemeje ko ingabo za Israel zigiye gufata Gaza yose. Kugeza ubu 75% niyo zagenzuraga.

Benyamini Netanyahu n’abo bumva ibintu kimwe bemeza ko kugira ngo Hamas irimburwe burundu kandi abo yatwaye bunyago bacyurwe, ari ngombwa ko na 25% isigaye y’ubuso bwa Gaza ifatwa.

Uruhande rw’abatabibona batyo rwo ruvuga ko icyo cyemezo kizashyira mu kaga ubuzima bw’abo Hamas yashimuse bari bagihumeka, bityo bakemeza ko ibiganiro byo kubarekura byakomeza.

BBC yazindutse yandika ko ahantu hakomeye Israel ishaka guheraho yigarurira Gaza ari mu mujyi wayo rwagati, hitwa Gaza City, hakaba ahantu hanini kurusha ahandi hagize aka gace gato cyane ariko muri iki gihe kabyiganirwamo na Miliyoni ebyiri z’abaturage babaye impunzi kandi biganjemo abakiri bato.

Ubwo ibyo gufata Gaza yose byatangiraga kuvugwa, Umuryango w’Abibumbye warabyamaganye, uvuga ko ingaruza bizagira zizaba ziremereye mu nzego nyinshi ariko cyanecyane ku batuye aka gace.

Imbere muri Israel naho hari abatabyumva kimwe na Netanyahu, ndetse barimo abo mu miryango ifite ababo bashimuswe na Hamas bavuga ko icyemezo cye kizashyira ubuzima bw’ababo mu kaga.

Indi ngingo ni iy’uko hari ibihugu by’inshuti za Israel bishobora kwamagana iki cyemezo, bikavuga ko, mu buryo runaka, byitandukanyije nayo.

Mu Ukwakira, 2023 nibwo Israel yatangije intambara simusiga yo kwirukana Hamas muri Gaza nyuma y’uko uyu mutwe uyigabyeho igitero cyahitanye abaturage bayo 1,200 abandi 251 ukabatwara bunyago.

Bivugwa ko muri abo bose Hamas yatwaye, abakiri bazima batarenga 30.

Kugeza ubu intambara yakurikiye igitero cya Hamas imaze guhitana abaturage ba Palestine 61,158 nk’uko amakuru BBC ikesha Minisiteri y’ubuzima yo muri Gaza abivuga.

Uko Israel iteganya imitegekere ya Gaza

Inama y’umutekano muri Israel yaraye iteranye, yemeje ko mu gihe gufata Gaza yose bizaba birangiye hazakurikiraho kuyiyobora.

Abaminisitiri n’abagaba bakuru b’ingabo z’iki gihugu bemeje amahame atanu azagenga Gaza ya nyuma y’intambara.

Irya mbere rivuga ko Hamas igomba kurandurwa burundu, irya kabiri rikavuga ko abatwawe bunyago bose bagomba gutaha baba ari bazima cyangwa barishwe, irya gatatu rivuga ko abitwaje intwaro bose muri Gaza bagomba kuzamburwa, irya kane rikemeza ko Israel ari yo izacunga ibintu byose bizahabera hanyuma irya gatanu rikavuga ko Gaza nyuma izayoborwa na Guverinoma itarimo Hamas cyangwa Palestine.

The Security Cabinet has approved the Prime Minister's proposal for defeating Hamas.

The IDF will prepare for taking control of Gaza City while distributing humanitarian assistance to the civilian population outside the combat zones.

— Prime Minister of Israel (@IsraeliPM) August 8, 2025

The Jerusalem Post yanditse ko umugaba mukuru w’ingabo za Israel, Lt.Gen Eyal Zamir yabwiye abari bari muri iriya nama ko atemeranya n’ibyo kuvanga  gucyura abatwawe bunyago na gahunda y’ibikorwa bya gisirikare.

Umugaba mukuru w’ingabo za Israel Lt. Gen Eyal Zamir

Kuri we, ibyo ni ukuvangavanga ibintu kandi nta kindi bizamara kitari kurushaho gutuma bigorana.

Mu gihe yatangaga igitekerezo cye, Gen Zamir yaciwe mu ijambo na Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu witwa Itamar Ben-Gvir wamubwiye ngo: “ Rekera aho kwirirwa uvugira mu itangazamakuru. Ubu icyo dukeneye ni icyemezo. Twese duhangayikishijwe n’abantu bacu bajyanywe bunyago kandi ingabo zacu zirashaka intsinzi. Abasirikare muri iki gihe muririrwa mu itangazamakuru muvuga ibi cyangwa biriya mukiyibagiza ko mukorera ku mabwiriza y’abafata ibyemezo bya Politiki. Abasirikare muzigire ku bapolisi uko bumvira amabwiriza tubaha”.

Itamar Ben-Gvir.

Mugenzi we ushinzwe ubukungu witwa Bezalel Smotrich yunze murye abwira abari aho ko intambara iramutse ihagarariye aho igeze ubu, Israel yaba itsinzwe kuko itaba igeze ku ntsinzi yuzuye.

Mu gihe izo mpaka zari zirimbanyije, abagaba b’ingabo za Israel barimo begeranya abasirikare babo n’ibindi bikoresho byinshi kandi biremereye ku mupaka Israel ihana na Gaza.

NBC yatangaje ko amashusho y’ibyogajuru yerekana ko ubwinshi bwabo n’ibikoresho bafite byerekana imyiteguro ikomeye y’igitero simusiga cyo k’ubutaka.

Umugambi wa Netanyahu uteganya ko Gaza yose igomba kubanza kugotwa , hanyuma abaturage bagera kuri miliyoni bakoherezwa mu gice cy’Amajyepfo yayo aho bazaba ‘batekanye’.

Al Jazeera yanditse ko Australia iri mu bihugu byamaze gutangaza ko byamaganye uwo mugambi wa Netanyahu, umugambi wemerejwe mu nama yamaze amasaha 10 iwujyaho impaka.

TAGGED:featuredHamasIgihuguIntambaraIsraelKwigaruriraUmutekanoUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Imyuzure Muri Beni Yahitanye Benshi 
Next Article Amashyamba Mu Rwanda Arugarijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Burundi: Umugore Yagizwe Minisitiri W’Ingabo

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?