Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CAF Yemeye Stade Ya Huye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

CAF Yemeye Stade Ya Huye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2023 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yemeje ko Sitade mpuzamahanga ya Huye yujuje ibisabwa ngo yakire imikino mpuzamahanga.

Iby’uko yemewe byagaragajwe ubwo hatangazwaga gahunda y’imikino y’umunsi wa gatatu n’uwa kane yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023, yasohowe na CAF.

Kuri yo hagaragara ho ko  taliki 27 Werurwe 2023 u Rwanda ruzakira ikipe ya Benin, umukino ukabera kuri Stade mpuzamahanga ya Huye saa cyenda.

Umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Henry Muhire avuga  ko kuba iyo Stade yasohotse ku hazakinirwa iriya mikino bivuze ko yemewe na CAF.

Icyakora ngo hari ibizakomeza kunozwa kugira ngo ikomeze kugira ngo ikomeze kugrira u Rwanda akamaro.

Ati: “Kuba stade yacu yasohowe kuri gahunda y’ahazabera imikino ni uko ubwo yemewe. Gusa haba hari ibindi CAF ikidusaba turi kuvugana. Yayemeye ariko bisaba ko hari ibyo  dukosora cyane cyane ku myakirire, ku mahoteli n’ibindi, rero nibyo tuzakomeza gukoraho n’ubundi kuko ni inyungu zacu.”

FERWAFA yaherukaga gutangaza ibindi bintu yari yasabwe na CAF muri iri genzura.

Birimo kwerekana niba aho umukino uzabera hari hoteli ziri ku rwego rwiza, intera iri hagati y’ikibuga cy’indege n’ikibuga cy’umupira ndetse n’ibindi bitandukanye byuzuza ibyo yari yatanze mbere.

Birimo kandi amashusho n’amafoto bigaragaza imiterere ya stade ubwayo.

Mu itsinda u Rwanda ruhereremo,  ikindi gihugu kitari gifite stade yemewe ni Mozambique.

Icyakora nacyo Stade yacyo yitwa  Estdio Nacional do Zimpeto yemewe.

Byatumye nabo bazakira  ikipe y’igihugu ya Senegal taliki 28 Werurwe 2023, mu gihe iki gihugu umukino wa mbere cyakiriyemo u Rwanda wabereye muri Afurika y’Epfo.

Amavubi azasura Benin taliki 22 Werurwe 2023 nyuma nayo yakirire Benin i Huye.

Umukino w’i Huye uzasifurwa n’abasifuzi bakomoka muri Somalia, bayobowe na Omar Abdulkadir Artan.

 

TAGGED:AmaguruCAFfeaturedHuyeStadeUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Yiciwe Mu Kazi
Next Article DRC: Intambara Irakaze Mu Nkengero Za Sake
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?