Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canada Yagobotse Impunzi Mu Rwanda Nyuma Y’uko Ibiribwa Bigabanyijweho 60%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Canada Yagobotse Impunzi Mu Rwanda Nyuma Y’uko Ibiribwa Bigabanyijweho 60%

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2021 1:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Canada yashyikirije Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Biribwa (WFP) inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari ya Canada – ni ukuvuga miliyoni zisaga 770 Frw – zigenewe gufasha impunzi z’Abarundi n’Abanye-Congo bari mu Rwanda kubona ibiribwa.

Umuyobozi wa WFP Rwanda, Edith Heines, yavuze ko iyi nkunga ishimishije kuko ibonetse mu gihe inkunga y’ibiribwa WFP iha impunzi yagabanutseho 60 ku ijana guhera muri uku kwezi, kubera igabanyuka ry’inkunga.

Ati “Iyi nkunga yatanzwe na Guverinoma n’abaturage ba Canada izafasha mu gukumira irindi gabanyuka ry’ibiribwa bihabwa impunzi mu mezi ari imbere.”

Ibiribwa bihabwa impunzi bisigaye btangwa mu buryo bw’amafaranga, nk’uburyo bufasha abagabo n’abagore bari mu nkambi kugira amahitamo ku mafunguro bagaburira imiryango yabo.

Inyigo yakozwe na WFP mu 2018 kandi yagaragaje ko iyo gahunda ituma imiryango y’impunzi ibasha kwigirira icyizere.

Uwo muryango wakomeje uti “Iyi nkunga izafasha WFP gukomeza guha ibiribwa impunzi 51.000 zatoranyijwe nk’izibikeneye kurusha izindi, nk’abana bafite munsi y’imyaka ibiri, abanyeshuri n’abagore batwite cyangwa ababyeyi bonsa, kimwe n’abafite virusi itera sida cyangwa abarwaye igituntu bari ku miti.”

WFP yatangaje ko nubwo yishimiye iyi nkunga, ikeneye inyongera ya miliyoni $9.3 kugira ngo ibashe gutanga amafunguro akenewe muri uyu mwaka wa 2021.

Yakomeje iti “Niba inkunga y’inyongera itabonetse mu mezi ari imbere, bizaba ngombwa kongera kugabanya ibiribwa bitangwa.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa impunzi zigera ku 135.000 z’Abarundi n’Abanye-Congo ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda.

TAGGED:Edith HeinesfeaturedWFP
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Ufite Ubumuga Yaremwe N’Imana Nk’Uko Nawe Yakuremye
Next Article Kenya Yashyize Imijyi Itanu Mu Kato Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?