Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canal + Rwanda Na RBA Mu Gufasha Abakunda Football Kuzareba Igikombe Cy’Isi Kuri HD
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Canal + Rwanda Na RBA Mu Gufasha Abakunda Football Kuzareba Igikombe Cy’Isi Kuri HD

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2022 9:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Televiziyo y’u Rwanda na Canal +Rwanda batangije ubufatanye bugamije gufasha abakunda umupira w’amaguru kuzareba imikino y’igikombe cy’isi mu mashusho ya High Definition( HD). Ni agashya kuko, nk’uko Kennedy Munyangeyo uyobora Televiziyo y’u Rwanda yabivuze, ubusanzwe abantu barebaga umukino kuri shene ya 380 iri ku ikoranabuhanga ryitwa Standard Definition.

Munyangeyo yavuze ko ubu buryo bwa HD buzagumaho na nyuma y’uko imikiko y’igikombe cy’isi.

Ati: “ Iyo Umunyarwanda atangiye ikintu aba agomba kugikomeza. Na nyuma y’imikino y’igikombe cy’isi uburyo bwa HD buzakomeza, abantu ntibagire impungenge.”

Umuyobozi wa Canal + Rwanda Madamu Sophie Tchoutchoua yavuze ko ikigo ayobora kigamije guha Abanyarwanda bose serivisi zijyanye n’ibyo bifuza kandi ku giciro gishyize mu gaciro.

Munyangeyo avuga ko mu gihe cy’igikombe cy’isi, Televiziyo y’u Rwanda yateguye uburyo bwo kuzasanga abaturage hirya no hino mu Rwanda kugira ngo bashobore kureba imwe mu mikino izaba yatoranyijwe.

Sophie avuga ko ikigo cye giharanira ko Made in Rwanda nayo izabona uburyo bwo kumenyakanishwa  muri biriya bihe.

Igikombe cy’isi kizabera muri Qatar mu mwaka wa 2022, kizatangira kuwa 21 Ugushyingo 2022 gisozwe kuwa 18 Ukuboza 2022.

Ku munsi hazajya hakinwa imikino ine.

FIFA yatangaje ko kubera ubwinshi bw’imikino,umukino wa mbere wo mu matsinda uzajya utangira saa saba, uwa kabiri utangire  saa kumi, uwa gatatu utangire  saa moya hanyuma uwa nyuma ube saa yine z’ijoro ku masaha ya Qatar [ 1pm, 4pm, 7pm and 10pm].

Umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi uzabera kuri stade yitwa Lusail Stadium mu mujyi wa Doha.

Niyo stade nini kurusha izindi zo muri Qatar.

Imikino y’amatsinda izakinwa kugeza kuwa 02 Ukuboza, 2022 aho hazahita hakurikiraho gukuranwamo.

Imikino y’amatsinda izakinwa mu minsi 12 gusa.

Umukino ufungura uzabera ku kibuga cyitwa Al Bayt stadium ahitwa Al Khor azaba ari kuwa mbere tariki ya 21 Ugushyingo 2022.

TAGGED:Canal + PlusImikinoUkuboza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Dukora Byose Tubikora Ku Nyungu Zacu Z’Ejo Hazaza-Perezida Kagame
Next Article Embaló, Georgieva, Mnangagwa…Bamwe Mu Bayobozi Baganiriye Na Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibya Rayon Sports Bikomeje Kuyoberana Nyuma Yo Gutsindwa Na Bugesera FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?