Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canal + Rwanda Yatangaje Ku Mugaragaro Imikorere Ya Zacu TV Iherutse Kugura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Canal + Rwanda Yatangaje Ku Mugaragaro Imikorere Ya Zacu TV Iherutse Kugura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2022 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Canal + Rwanda bwaraye bukoresheje ibirori byo gutangaza k’umugararo ko ubu ikigo Zacu TV ari icya Canal + Rwanda kandi ko kigiye kujya cyerekana filimi zikinwe n’abanyamahanga ariko bavuga Ikinyarwanda.

Bizakorwa binyuze mu ikoranabuhanga bita dubbing. Iri koranabuhanga rizatuma Abanyarwanda bareba filimi z’ibyamamare bakunda kandi biri kuvuga Ikinyarwanda.

Uretse kuba bizabafasha kurushaho kuzishimira ariko bizatuma n’abanyamahanga bakunda Ikinyarwanda.

Mu birori byo kumurikiramo kiriya gikorwa hari abayobozi batandukanye barimo na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam ndetse n’abayobozi muri Rwanda Development Board barimo ushinzwe ubukerarugendo Madamu Ariella Kageruka.

Hari na Ambasaderi W’u Bufaransa mu Rwanda witwa Antoine Anfré.

Abayobozi bari bitabiriye iki gikorwa

Abandi  bari bahari ni Amb Robert Masozera uyobora Ikigo gishinzwe kwita ku ngoro ndangamurage z’u Rwanda.

Hari n’umushoramari witwa Eugène Nyagahene.

Mbere y’uko kubimurika ku mugaragaro bibera ku Irebero, hari habanje kuba ikiganiro kigenewe itangazamakuru cyabereye muri imwe muri hoteli zo mu Mujyi wa Kigali.

Ni mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kumva ibyo abakina filimi bavuga kandi mu Kinyarwanda.

Filimi zose zizajya zireberwa kuri shene za Canal + Rwanda zizajya ziba zirekana abakinnyi bakina bavuga Ikinyarwanda.

Ubuyobozi bwa Canal + Rwanda bwatangaje ko iyi gahunda ije nyuma y’uko iki kigo kiguze ikindi bita Zacu Entertainment gisanzwe gifite ikitwa Zacu TV.

Sophie Tchoutchoua uyobora Canal + Rwanda avuga ko Zacu TV izaba urubuga rugenewe Abanyarwanda

Guhera ku wa  Mbere taliki 03, Ukwakira, 2022 nibwo abasanzwe bafite ifatabuguzi rya Canal + Rwanda n’abazarigura mu gihe kiri imbere, bazatangira kurebe ziriya filimi, ku ikubitiro bakazareba iyitwa The Bishop Family.

Umwe mu bayobora filimi zikorerwa mu Rwanda witwa Wilson Misago yabwiye itangazamakuru ko basanze  ari byiza ko Umunyarwanda utazi indimi z’amahanga ariko ufite ubushobozi bwo kugura ibikoresho bya Canal + Rwanda nawe yajya areba filimi akunda zakinnye n’ibyamamare by’abanyamahanga.

Guhera mu Cyumweru kizatangira Taliki 03, Ukwakira, 2022 Umunyarwanda ubishaka azatangira kureba filimi zigezweho mu Kinyarwanda ndetse n’iyo zaba zarakinnye n’Abahinde cyangwa abanya Mexique.

Sophie Tchoutchoua uyobora Canal + Rwanda avuga ko Zacu TV izaba urubuga rugenewe Abanyarwanda kugira ngo babone aho barekanira impano zabo mu gukina Filime.

Bacinye akadiho

Zacu TV niyo Shene ya mbere izajya yerekana filimi mu Kinyarwanda kandi mu buryo bwuzuye ni ukuvuga ko zose zizaba ari Ikinyarwanda 100%.

Ikigo Canal + Rwanda yaguze Ikigo Zacu TV muri Kamena, 2022.

Buri Cyumweru hazajya hacaho seri enye ziri mu Kinyarwanda ni ukuvuga guhera ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu.

Filimi z’Abahinde nazo zizajya zicishaho abazivuga bakoresha Ikinyarwanda.

Ikindi Zacu TV izajya ikora ni ugucishaho amakuru y’imyidagaduro atanzwe n’abanyamahanga ariko bisa n’aho bari kuyavuga mu Kinyarwanda.

Ubuyobozi bwa Canal + Rwanda buvaga kandi ko buriya buryo buzakundisha abanyamahaga Ikinyarwanda kuko bazashaka kumenya umuco w’Abanyarwanda.

Zacu TV izaba urubuga rwo gufasha abasanzwe batunganya amashusho kunoza umwuga wabo.

Filimi za Zacu TV zizajya zica kuri Shene 99 zo mu gice cy’Afurika yo mu nsi y’Ubutayu bwa Sahara .

Ikindi ni uko kuva Taliki 8, Ugushyingo, 2022 filimi za Zavu TV zizajya zica kuri shene ziri hagati ya 38 na 390.

Canal + Group( ari nacyo nyiri Canal +) ni kompanyi iyoboye mu itangazamakuru no gucuruza amashusho.

Ikorera mu Burayi, Afurika ndetse no muri Aziya.

Canal + Group ifite abafatabuguzi barenga miliyoni 23.7 ku isi yose, harimo miliyoni icyenda  z’Abafaransa.

Ifite ikigo gitunganya amashusho kitwa Studio Canal kiri mu bya mbere mu Burayi bitunganya amashusho neza kurusha ibindi.

Hejuru y’ibi kandi iki kigo kiragura, kikanakwirakwiza amafilimi n’ibiganiro by’uruhererekane harya no hino ku isi.

Iri imbere kandi mu gutanga amashene ya Televiziyo atandukanye harimo na Televiziyo z’igihugu nka C8, CNEWS, CSTAR ndetse n’ikigo gishinzwe kwamamaza.

CANAL+ Group ifitwe 100% n’ikigo kigari ku Isi mu itangazamakuru no gucuruza amashusho cya kitwa Group Vivendi.

TAGGED:Canal +featuredFilimiIkoranabuhangaZacu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ingabo Za Centrafrique Wungirije Yarangije Uruzinduko Mu Rwanda
Next Article Uganda: Ebola Yishe Umuganga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?