Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2025 10:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Cardinal Kambanda Antoine. Ifoto@Cisa News Africa
SHARE

Ahitwa Namugongo muri Uganda hari kubera igikorwa cyo kwibuka abahowe Imana bazira ukwemera kwa Gikirisitu mu bwicanyi bakorewe hagati y’umwaka wa 1885 na 1887.

Abantu babarirwa mu bihumbi byinshi baturutse hirya no hino muri iki gihugu bagana i Namugongo ngo bibuke abo bantu bari bakiri bato ndetse bamwe bari bataruzuza imyaka 18 y’ubukure.

Antoine Cardinal Kambanda nawe ari mu bitabiriye kwibuka abo bantu.

Abibukwa ni abantu 22 bishwe bazira ukwemera kwabo, bakaba barishwe mu gihe aho bari batuye hayoborwaga n’ubwami,

Abishwe icyo gihe bazize ko banze gusenga Imana gakondo za Uganda ahubwo bahitamo kwiyegurura ukwemera kwari kwadukanywe n’Abamisiyonari.

Byarakaje umwami Kabaka Mwanga ategeka ko abo bose bicwa batwikiwe mu mbingo bakabagerekeranya nk’amasiteri y’inkwi bakabatwika.

Mu mwaka wa 1920, nibwo bagizwe abatagatifu mu buryo bw’agateganyo ariko byemezwa mu buryo bwa burundu mu mwaka wa 1964 nyuma y’igitangaza cyabaye ubwo ababikira babiri babiyambazaga bigatuma bakira indwara bari barwaye.

Abazwi cyane mu bahowe Imana b’i Bugande ni Charles Lwanga, Kizito, Mugagga, Dionios Sebuggwawo wari ufite imyaka 17 wishwe n’Umwami amuteye icumu amuziza kwigisha bagenzi be gatigisimu.

Kiliziya yamugize umuvugizi n’umurinzi w’abaririmbyi, abanyamuziki n’amakorari.

Andereya Kaggwa wari n’umutoni ibwami kubera kuvuza ingoma, yishwe ku ngoma y’umwami Mwanga kubera kwigisha ijambo ry’Imana, na  Ngondwe wari umurinzi w’abasirikare b’ibwami akaba no mu bakusanyaga amaturo y’ibwami aza kwicwa azira kuvuga ko yamenye Yezu kandi adashobora kumureka.

TAGGED:AbahoweCardinalfeaturedImanaKambandaUgandaUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Abanyamakuru Bahawe Umuburo
Next Article Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?